Libya: Umuhungu wa Gen Haftar arashinjwa gusahura Banki Nkuru ya Benghazi akayabo k’amafaranga

Sangiza iyi nkuru

Umugabo n’umugore b’Abafaransa batawe muri yombi mu ntangiriro z’Ukwakira i Limoges bafite amayero 20.000 y’inoti zavuye mu bubiko bwasahuwe muri Banki Nkuru ya Benghazi muri Libya mu mpera z’umwaka wa 2017. Icyo gihe, mu mujyi rwagati aho iyi banki yari iherereye, hari hamaze kwigarurirwa n’abarwanyi ba Gen. Khalifa Haftar bahambuye intagondwa z’Abayisilamu.

Amakuru yizewe yemejwe na raporo y’itsinda ry’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye, yemeje muri Nzeri 2018 ko gusahura iyi banki byakozwe n’umuhungu wa Khalifa Haftar nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, ivuga.

Nk’uko iyi raporo ibigaragaza, Capt. Saddam Khalifa Haftar uyobora Brigade y’106 y’ingabo z’igihugu za Libya, niwe wategetse ko ayo mafaranga yimurirwa ahantu hatazwi.

Yafashijwe na bamwe mu ngabo za Guverinoma ya Libya ariko itemewe n’Umuryango Mpuzamahanga, (LNA) bakingiwe ikibaba n’uburinzi bukomeye cyane.

Raporo y’Umuryango w’Abibumbye kandi ivuga ko icyo gihe hibwe ama Dinar miliyoni 640 (miliyoni ziga 460 z’Amadolari), Miliyoni 160 z’Amayero, miliyoni 2 z’Amadolari n’ibiceri 6.000 by’Ifeza.

Ntabwo ari ubwa mbere umuhungu wa Khalifa avugwaho ubujura!

Iyi banki yari iyobowe na Minisitiri w’iumutekano wungirije, Faraj Gaim, wafunzwe n’ingabo za Khalifa Haftar mbere gato y’ubwo busahuzi. Naho Saddam Khalifa Haftar, ntabwo ari ubwa mbere ashinjwa kwiba banki, aho yabikoze n’i Tripoli mu 2011, ndetse akahakomerekera byoroheje.

Aya mafaranga rero ari kuzenguruka mu Bufaransa no mu Budage birashoboka cyane ko yaturutse muri Banki Nkuru ya Benghazi, igisigaye kumenyekana akaba ari ukuntu yagezeyo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *