Ikipe y’Igihugu ya Argentine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 26 izifashisha mu Gikombe cy’Isi cya 2026, aho kapiteni wayo Lionel Messi ari we uyoboye iri tsinda rizagerageza kwisubiza igikombe ryegukanye muri Qatar mu 2022.
Messi w’imyaka 38 y’amavuko yahamagawe mu ikipe y’Igihugu ku nshuro ya gatandatu yikurikiranya mu Gikombe cy’Isi, ibintu bimugira umwe mu bakinnyi bake cyane bageze kuri uwo mubare mu mateka y’iri rushanwa.
Umutoza Lionel Scaloni yagumanye abenshi mu bakinnyi bamufashije kwegukana Igikombe cy’Isi cya 2022, kuko 17 muri 26 bahamagawe bari muri iyo kipe yegukanye igikombe muri Qatar.
Mu bagarutse harimo Emiliano Martínez, Rodrigo De Paul, Alexis Mac Allister, Enzo Fernández, Lautaro Martínez n’abandi.
Mu bakinnyi bashya binjiye muri iri tsinda harimo Valentín Barco, Nico Paz, Giuliano Simeone, José Manuel López na Thiago Almada, mu gihe Ángel Di María atagaragara kuri uru rutonde nyuma yo gusezera mu ikipe y’Igihugu nyuma ya Copa América ya 2024.
Abakinnyi 26 bahamagawe
Abanyezamu:
Emiliano Martínez
Gerónimo Rulli
Juan Musso
Ba myugariro:
Leonardo Balerdi
Gonzalo Montiel
Nicolás Tagliafico
Lisandro Martínez
Cristian Romero
Nicolás Otamendi
Facundo Medina
Nahuel Molina
Abakina hagati
Leandro Paredes
Rodrigo De Paul
Valentín Barco
Giovani Lo Celso
Exequiel Palacios
Alexis Mac Allister
Enzo Fernández
Ba rutahizamu:
Julián Álvarez
Lionel Messi
Nicolás González
Thiago Almada
Giuliano Simeone
Nico Paz
José Manuel López
Lautaro Martínez
Argentine iri mu itsinda J, aho izatangira irushanwa ikina na Algerie mbere yo guhura na Jordan na Autriche mu mikino y’amatsinda.


