221218184732-messi-wc-trophy

Lionel Messi ayoboye abakinnyi 26 Argentine yitabaje mu Gikombe cy’Isi cya 2026

Sangiza iyi nkuru

Ikipe y’Igihugu ya Argentine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 26 izifashisha mu Gikombe cy’Isi cya 2026, aho kapiteni wayo Lionel Messi ari we uyoboye iri tsinda rizagerageza kwisubiza igikombe ryegukanye muri Qatar mu 2022.

Messi w’imyaka 38 y’amavuko yahamagawe mu ikipe y’Igihugu ku nshuro ya gatandatu yikurikiranya mu Gikombe cy’Isi, ibintu bimugira umwe mu bakinnyi bake cyane bageze kuri uwo mubare mu mateka y’iri rushanwa.

Umutoza Lionel Scaloni yagumanye abenshi mu bakinnyi bamufashije kwegukana Igikombe cy’Isi cya 2022, kuko 17 muri 26 bahamagawe bari muri iyo kipe yegukanye igikombe muri Qatar.

Mu bagarutse harimo Emiliano Martínez, Rodrigo De Paul, Alexis Mac Allister, Enzo Fernández, Lautaro Martínez n’abandi.

Mu bakinnyi bashya binjiye muri iri tsinda harimo Valentín Barco, Nico Paz, Giuliano Simeone, José Manuel López na Thiago Almada, mu gihe Ángel Di María atagaragara kuri uru rutonde nyuma yo gusezera mu ikipe y’Igihugu nyuma ya Copa América ya 2024.

Abakinnyi 26 bahamagawe

Abanyezamu:

Emiliano Martínez

Gerónimo Rulli

Juan Musso

Ba myugariro:

Leonardo Balerdi

Gonzalo Montiel

Nicolás Tagliafico

Lisandro Martínez

Cristian Romero

Nicolás Otamendi

Facundo Medina

Nahuel Molina

Abakina hagati

Leandro Paredes

Rodrigo De Paul

Valentín Barco

Giovani Lo Celso

Exequiel Palacios

Alexis Mac Allister

Enzo Fernández

Ba rutahizamu:

Julián Álvarez

Lionel Messi

Nicolás González

Thiago Almada

Giuliano Simeone

Nico Paz

José Manuel López

Lautaro Martínez

Argentine iri mu itsinda J, aho izatangira irushanwa ikina na Algerie mbere yo guhura na Jordan na Autriche mu mikino y’amatsinda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *