Lionel Messi yavuze ko kugenda kwa Neymar ntacyo byahungabanyije ku ikipe FC Barcelona

Sangiza iyi nkuru

Lionel Messi, rutahizamu w’ikipe FC Barcelona atangaza ko kuba Neymar yarayivuyemo akerekeza muri PSG nta cyuho yasize; ahubwo ko biyubatse neza imbere.
Mu kiganiro yagiranye na Worldsoccer yagize ati ” Ukugenda kwa Neymar byahinduye uburyo bw’imikinire; uhu turi ingabo nziza mu kibuga hagati; duhagaze neza nta gihunga; ibi nabyo bituma n’inyuma dukomera”.
Neymar yaguzwe miliyoni 222 z’amayero; nyuma yo kuvugisha abantu benshi, bamwe babibona nk’ibihuha by’itangazamakuru bigamije gucuruza.
Aka gahigo gakuyeho aka Paul Pogba waguzwe miliyoni 89 z’ama-pound ubwo yavaga muri Juventus yo mu Butaliyani yerekeza muri Manchester yo mu Bwongereza, iyi yanayihozemo, muri Kanama 2016.
Uyu mukinnyi w’imyaka 25 ahembwa miliyoni 45 z’amayero ku mwaka ndetse na 865,000 by’amayero ku cyumweru hataravaho imisoro.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Kanda hano wiyandikishe ( Subscribe) ubona ibiganiro, indirimbo kandi bishya mu mashusho

YouTube player

I.Theoneste/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *