prince-harry-duke-of-sussex-and-meghan-duchess-of-sussex-news-photo-1637686263.jpg

Londres: Abapolisi bagereranyije Meghan Markle n’igipupe cya “golliwog” birukanwe

Sangiza iyi nkuru

Abapolisi babiri b’u Bwongereza birukanwe mu kazi kabo nyuma yo kohereza ubutumwa buteye isoni mu kiganiro mu itsinda kuri Whatsapp, harimo n’urwenya rushingiye ku ivangura kuri Duchess of Sussex, Meghan Markle, umugore w’Igikomangoma Harry.

Pc Sukhdev Jeer na Pc Paul Hefford, bakoraga mu ishami rya sitasiyo ya polisi ya Bethnal Green mu burasirazuba bwa Londres, bashyize ahagaragara ibintu bidakwiye, bibabaza cyane kandi bivangura kuri WhatsApp mu 2018.

Ku wa Gatanu, urukiko rwemeje ko ibikorwa byabo ari “amahano n’ivangura”, ari imyitwarire idakwiye, urukiko rwemeza ko birukanwe mu gipolisi.

prince-harry-duke-of-sussex-and-meghan-duchess-of-sussex-news-photo-1637686263.jpg
Meghan Markle n’umugabo we, Igikomangoma Harry

Bananiwe kandi kwiregura cyangwa gutanga abagize itsinda baganiriragamo nk’uko iyi nkuru dukesha The Telegraph ikomeza ivuga.

Iburanisha ryabereye mu nyubako ya Empress State Building, mu burengerazuba bwa Londres, ryumvise ubutumwa, burimo ubugereranya Meghan n’igipupe cya “golliwog”, bifatwa nk’“ivangura kandi rikomeye muri kamere”.

860914b9bf7be5bc16a4ed902003f4f2.jpg

Ubutumwa bwatanzwe n’uwahoze ari umupolisi, Richard Hammond, na we wari muri iryo tsinda, bwafashwe nk’imyitwarire idakwiye n’inteko y’urukiko.

Chairman Maurice Cohen yavuze ko inteko yageze ku cyemezo rimaze gusuzuma uburemere bw’imyitwarire, amakosa ndetse n’agahinda ubutumwa bwateje.

Yagize ati: “Kwirukanwa ni cyo gikorwa cyonyine gikwiye”.

Bisobanuye ko aba bagabo, ibikorwa byabo byafashwe nk’ “ibitemewe na gato”, badashobora kongera gukoreshwa n’izindi nzego za polisi mu Bwongereza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *