Loni ishinja Perezida Nkurunziza gushumuriza Imbonerakure abatavuga rumwe na we

Sangiza iyi nkuru

Komisiyo yashyizweho n’Umuryango w’Abibumbye gukora iperereza ku iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’ikiremwamuntu mu Burundi, ishyira ku isonga Perezida Nkurunziza kuba ku isonga mu kubiba urwango.

Ibyavuye muri iri perereza byatangajwe i Geneve mu Busuwisi ku wa 5 Nzeri 2018, bagaragaza ihohoterwa ryakorewe ikiremwamuntu mu mwaka ushize ndetse n’aho uyu wa 2018, ugeze.

Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, itangaz ako ibikorwa by’ubugizi bwa nabi bikorerwa abaturage bikubiyemo ubwicanyi, gushimuta, gufata no gufunga abantu mu buryo butemewe n’amategeko, iyicarubozo,…

Iki kinyamakuru gitangaza ko Perezida Nkurunziza w’u Burundi ari we ubiba urwango ndetse n’ihohotera. Ku ruhande rwa Leta bakabihakana bivuye inyuma.

Perezida wa Komisiyo yakoze iperereza mu Burundi, Doudou Diène ushinja Nkurunziza gukangurira urwango no guhohotera bamwe mu baturage, yagize ati “Ibimenyetso twagiye tubona, bigaragaza ko Imbonerakure, urubyiruko rw’ishyaka riri ku butegetsi ari zo zibigiramo uruhare runini”.

Umuvugizi  w’umukuru w’igihugu, Jean Claude Karerwa  Ndenzako yahakanye ibishinjwa Perezida Nkurunziza ndetse na Leta y’u Burundi muri rusange, ko ari ibinyoma byaremekanyijwe.

Yagize ati “Bigaragara ko Doudou Diène ari we wenyine wirengagije ko imbwirwaruhame za Perezida Nkurunziza zishingira ku bwiyunge n’ubumwe bw’abaturage. Ku bw’ibyago, dusanzwe tumenyereye ubwo bwoko bw’ibinyoma”.

Loni itangaje ubu bugizi bwa nabi bukorwa mu Burundi, mu gihe Leta yari mu bukangurambaga bushishikariza ibihumbi by’abaturage bahunze, ibashishikariza gutaha ndetse ko umutekano ari wose.

Umutekano muke mu Burundi watangiye kuvugwa kuva mu mwaka wa 2015, ubwo ishyaka CNDD FDD ryatangaga Perezida Nkurunziza nk’umukandida Perezida, ari nabwo hatangiraga imyigaragambyo yaviriyemo bamwe kubura ubuzima abandi barahunga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *