Loni yongereye ibihano yafatiye RDC

Sangiza iyi nkuru

Akanama gashinzwe umutekano mu muryango w’Abibumbye, kongerereye ibihano kafatiye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu gihe cy’umwaka umwe.

Ibihano bya RDC byongerewe mu nama ya kariya kanama yateranye ku wa Gatanu tariki ya 30 Kamena i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ibihugu 10 birimo u Buhinde, Mexique, BrĂ©sil na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ni byo byashyigikiye ko ibihano byahawe RDC byongerwa.

Ibihugu bitatu bya Afurika birimo Ghana, Gabon na Kenya ndetse n’ibihugu by’u Burusiya n’u Bushinwa byo byamaganye kiriya cyemezo, bikavuga ko gihonyoza ubusugire bwa RDC.

Ibihano RDC yafatiwe birimo ibiyikumira kugura intwaro.

Ibihugu bitashyigikiye ko RDC ihanwa bigaragaza ko ibihano yafatiwe bigabanya ubushobozi bwayo bwo guhashya imitwe yitwaje intwaro imaze imyaka yarayogoje Uburasirazuba bwayo.

Soma Izindi Nkuru

6 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *