Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda usanzwe ari n’umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko Imana ari yo yamutegetse gushyigikira ubwoko bwa Tigray muri Ethiopia.
Ubutumwa yashyize kuri Twitter kuri uyu wa 2 Ukwakira 2022 bubivuga buti: “Tigray impora mu mutima! Ni itegeko ryaturutse ku Mana, Yesu Kirisitu, gukunda no kurwana kuri Tigray. Intashyo ku bwoko bwanjye.”
Ubu butumwa Lt Gen. Kainerugaba abutambukije nyuma y’ubundi yigeze gushyira kuri uru rubuga, bugateza impaka, ari na bwo bwabaye intandaro y’amakuru yahwihwishijwe ashinja Uganda gufasha abarwanyi ba Tigray bahanganye n’ingabo za Leta.
Nyuma yo kujya hanze kw’aya makuru Leta ya Uganda yateye utwatsi, Lt Gen. Kainerugaba yagiriye uruzinduko muri Ethiopia yasobanuye ko rwari rugambiriye kuzana amahoro muri iki gihugu kiri mu ihembe rya Afurika.
Muri uru ruzinduko, uyu musirikare yahuye n’abasirikare bakuru bo muri Ethiopia bakorera mu nzego zitandukanye, ndetse na Minisitiri w’Intebe Abiy Ahmed, bagirana ibiganiro kuri iki kibazo.
Nyuma yo guhura na Abiy, Lt Gen. Kainerugaba yabaye nk’uhindura imvugo, yongeraho ko Afurika ari yo ikwiye guhangana n’ibibazo byayo. Yagize ati: “Muri iki gitondo itsinda ryacu ryagiranye ibiganiro byiza kandi bitanga umusaruro n’umuvandimwe wacu Abiy Ahmed wa Ethiopia. Twizera ko Afurika ifite ibisubizo by’ibibazo byayo. Nizera ko amakimbirane yo muri Athiopia azakemuka. Imana ihe Afurika umugisha!”
Lt Gen. Kainerugaba mbere yo kujya muri Ethiopia, yemezaga ko ubwoko bwo muri Tigray bukorerwa ihohoterwa, abagore bagasambanywa, bukanicwa, bityo ko ashyigikiye impamvu ituma abarwanyi ba TPLF baburwanira.


