Umuvugizi w’umutwe witwaje intwaro wa M23, Major Willy Ngoma, ahamya ko badatewe ubwoba n’umutwe uhuriweho w’ingabo z’ibihugu bigize umuryango w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba (EAC) ziroherezwa mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) mu gihe cya vuba.
Abakuru b’ibi bihugu tariki ya 20 Kamena 2022 bahuriye i Nairobi, basaba imitwe yitwaje intwaro guhagarika imirwano, kurekura uduce yafashe, ikarambika intwaro, hanyuma ikajya mu mishyikirano. Itazabikora ni yo uyu mutwe wa EAC uzajya kurwanya.
BBC Gahuza yabajije Maj. Ngoma yabajijwe niba M23 nta bwoba ifite bw’uko ingabo za EAC zizayirwanya n’indi mitwe, asubiza ko nta na buke. Ati: “Turi bugire ubwoba bw’iki? Bwa nde?”
Uyu murwanyi yasobanuye ko mu gihe M23 irwanira kubaho kwayo itazagira ubwoba. Ati: “Twebwe igihe cyose turwanira kuramuka kwacu, kuri ejo hazaza h’abana bacu, kuri ejo hazaza h’iki gihugu, twagira ubwoba bw’iki? Ntabwo.”
Maj. Ngoma yavuze ko M23 itazava mu mujyi wa Bunagana imaze iminsi 10 ifashe mu gihe Leta ya RDC itaremera kujya mu mishyikirano na yo.


