Lawrence Kanyuka uvugira M23 mu rwego rwa politiki

M23 irasaba kudahezwa mu biganiro biyireba bihuza RDC n’ibindi bihugu

Sangiza iyi nkuru

Umutwe witwaje intwaro wa M23 urasaba kudakomeza guhezwa mu biganiro biwureba bihuza ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) n’ubw’ibindi bihugu birimo u Rwanda.

Byatangajwe n’Umuvugizi w’uyu mutwe mu rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Christophe Rigaud w’ikinyamakuru Afrikarabia gikorera muri RDC no mu karere ka Afurika yo hagati.

Kanyuka yagize ati: “Ubuhuza bwose bubaho hagati ya za Leta. Twebwe turasaba ibiganiro na Leta. Ibi biganiro biratureba. Turi ku rubuga, bityo dukwiye kuvugana mu buryo bungana na guverinoma yacu.”

Uyu munyapolitiki yibukije umunyamakuru ko muri Mata 2022 M23 yakuwe mu biganiro yo n’indi mitwe yitwaje intwaro yagiranaga na Leta ya RDC i Nairobi muri Kenya, bisabwe na Serge Tshibangu wari uhagarariye RDC.

Ahamya ko uyu mutwe witwaje intwaro utigeze wanga ibiganiro kuko ngo n’ubu uracyasaba ko byabaho. Ati: “Imbere y’umuryango mpuzamahanga, ni guverinoma ya Congo yanze ibiganiro na M23. Ku ruhande rwacu, ntabwo twavuye mu mishyikirano kandi n’uyu munsi turacyasaba ko ibiganiro natwe bibaho.”

Lawrence Kanyuka uvugira M23 mu rwego rwa politiki
Lawrence Kanyuka uvugira M23 mu rwego rwa politiki

Nyuma y’aho M23 ikuwe mu biganiro by’i Nairobi, Leta ya RDC yagiranye ibiganiro n’ibihugu birimo ibigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC), Angola ndetse n’u Bufaransa, byafatiwemo imyanzuro irimo usaba uyu mutwe witwaje intwaro guhagarika imirwano, kurekura ibice wafashe, hanyuma ugasubira mu biganiro.

Kanyuka, nka bagenzi be bahagararira M23 mu rwego rw’ubuvugizi, yavuze ko bitashoboka ko bava kuri ubu butaka kuko ari iwabo ku ivuko. Ati: “Ntabwo tuzava Bunagana. Ni ho twavukiye. Twahava tukajya hehe? Bunagana na Jomba ni iwacu! Aha hantu hatuwe n’ababyeyi bacu na ba sogokuru/nyogokuru, natwe ubwacu.”

Uyu Muvugizi arasaba Leta ya RDC kubahiriza amasezerano yagiranye n’abahoze ari abarwanyi ba M23 mbere y’uko bongera gufata intwaro. Ngo ibi ni byo byanaganirwaho mu gihe Leta yakwemera imishyikirano.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *