M23 ‘iri kugenzura’ ahitwa Kalengera n’ubwo yari igambiriye gufata Kibumba

Sangiza iyi nkuru

Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko abarwanyi ba M23 bakomeje kugenzura Bunagana ndetse ubu bakaba bagenzura ahitwa Kalengera hafi ya Kabindi n’ubwo byavugwaga ko bari barangamiye kwigarurira Kibumba.

Aya makuru avuga ko M23 yaraye ifashe ako gace kiyongera kuri Ntamugenga yafashe ku Cyumweru.

Umunyamakuru Christopher Rugaud ukunze gukurikirana amakuru ya DR Congo kuri Twitter yanditse ko ” M23 iracyagenzura Bunagana Kandi kuwa 24 Ukwakira yafashe ahitwa Kalengera.”

Kugeza ubu ntibirakunda ko tuvugana na Major Willy Ngoma, uvugira M23 mu bya gisirikare.

Mu mpera z’Icyumweru gishize, M23 yafashe ibice bitandukanye birimo ahitwa Ntamugenga. Ahandi bafashe ni ahitwa Muhimbira na Nyaluhondo.

Ikinyamakuru https://drcactu.cd/ nicyo giherutse kwandika ko biriya bice byafashwe na M23 ndetse ngo abasirikare b’ingabo za DRC bahungiye mu bitaro biri hafi aho.

Gufata agace ka Ntamugenga biri guha amahirwe abarwanyi ba M23 kuko bashobora kuhifashisha bagana mu Mujyi wa Goma.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *