Umutwe witwaje intwaro wa M23 uvuga ko wari hafi gufata umujyi wa Bunagana uri muri Teritwari ya Rutshuru mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), ariko ingabo za MONUSCO zirawuwutesha.
Bwiza.com yavuganye n’Umuvugizi wa M23, Maj. Willy Ngoma, imubaza amakuru yahwihwiswaga ko abarwanyi b’uyu mutwe bamaze gufata uyu mujyi, aho byavugwaga ko ingabo za Leta n’abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro bifatanyije barimo FDLR bahunze.
Maj. Ngoma yavuze ko Bunagana yari mu maboko y’abarwanyi M23, ariko ingabo za MONUSCO zihageze bahitamo kuhava mu rwo kwirinda kurwana na bo. Yagize ati: “Bunagana yari mu maboko yacu ariko MONUSCO bazanye indege zabo, bararasa, twanga kurwana na bo kubera ko urabizi MONUSCO ni UN, ntabwo dushobora kurwana na UN.”
Uyu musirikare yasobanuye ko M23 ari umutwe w’Abanyekongo baharanira uburenganzira bwabo, ariko ngo MONUSCO ikomeje kugaba ibitero ku barwanyi bayo muri Runyoni, Tshanzu, Musongati n’ahandi, yifashishije kajugujugu zayo ebyiri za Cobra.
Gusa ngo bazakomeza kurwanirira uburenganzira bwabo, ati: “Nta muntu n’umwe ushobora kudutera ubwoba.”
Ariko Bintou Keita uyoboye MONUSCO, yasobanuye ko impamvu ingabo zabo zagabye ibitero kuri M23 ari uko abarwanyi bayo na bo bagabye ibitero ku birindi byazo. Gusa uyu mutwe witwaje intwaro wabihakanye, usobanura ko ari amayeri yakoreshejwe kugira ngo zinjire muri uru rugamba.



