M23 ivuga ko ingabo za MONUSCO zisanze mu bufatanye na FDLR

Sangiza iyi nkuru

Umutwe witwaje intwaro wa M23 uvuga ko ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, MONUSCO, zifatanyije n’umutwe witwaje intwaro wa FDLR zari zambaye umwambaro w’igisirikare cya Leta, FARDC.

Umuvugizi wa M23, Major Willy Ngoma, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa 22 Gicurasi 2022, yavuze ko abarwanyi bagera mu 100 ba FDLR-FOCA na FDLR-RUD Urunana bagiye gufasha FARDC mu bitero ku birindiro byabo ahitwa Kavumu, Bikenke na Shangi, saa cyenda n’igice z’urukerera.

Maj. Ngoma yasobanuye ko abarwanyi ba M23 basubije inyuma iki gitero, abasirikare ba FARDC bahungira mu birindiro bya MONUSCO, aba FDLR basigara inyuma barwana.

Uyu musirikare yagize ati: “Ntabwo byatwaye igihe kinini kugira ngo hamenyekane ko impamvu bavuye imbere ku irasaniro. Bwari uburyo bwo kugira ngo ingabo za MONUSCO zigoboke, zifasha abarwanyi ba FDLR. Ubu ngubu, abarwanyi ba FDLR bafatanyije n’ingabo za MONUSCO bari kurwana n’ingabo zacu muri Kavumu na Shangi.”

M23 yasabye ingabo za MONUSCO guhagarika ubufatanye n’abarwanyi ba FDLR, iti: “Abakoze jenoside mu Rwanda, umugambi wabo uzwi na bose.”

Iri tangazo ryanyujijwe ku rubuga rwa Twitter rwa Bertrand Bisimwa ushinzwe urwego rwa politiki. Yarimenyesheje (tag) MONUSCO, ariko ntacyo izi ngabo ziri mu butumwa bw’amahoro zirabivugaho.

Uyu mutwe witwaje intwaro wari usanzwe ushinja FARDC kwifatanya n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR ndetse n’Umukuru w’Igihugu, Perezida Felix Tshisekedi aherutse kwamagana ubufatanye nk’ubu, asobanura ko bumeze nko gusuka amavuta mu muriro, aho kuwuzimya bituma ugurumana cyane.

Soma inkuru bifitanye isano hano https://bwiza.com/?M23-irashinja-FARDC-kwirengagiza-ibyo-Perezida-Tshisekedi-yanze

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *