20260608_214004_copy_720x565

M23 na Twirwaneho birukanye FDNB na FARDC mu Mikenke 

Sangiza iyi nkuru

Ingabo z’ihuriro rya AFC/M23 na MRDP-Twirwaneho, kuri uyu wa Mbere tariki ya 8 Kamena zigaruriye agace ka Mikenke gaherereye mu misozi miremire yo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo kukirukanamo ngabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’iz’u Burundi (FDNB).

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ni bwo Mikenke yasubiye mu maboko ya Twirwaneho na M23, nyuma y’amezi atatu kariya gace kagenzurwa n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa.

Amakuru avuga ko imirwano yasize kariya gace kongeye gufatwa yatangiye mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere. Ni imirwano yumvikanyemo imbunda ziremereye ndetse inakoreshwamo za drone.

Colonel Rugabo Fidèle uri mu basirikare ba Twirwaneho bakunze gutangaza amakuru y’ibibera mu misozi miremire, yavuze ko ingabo za Congo n’iz’u Burundi ari bo batangije imirwano, mbere yo gusubizwa inyuma bikarangira zinambuwe Mikenke yose.

Yanditse ku rubuga rwe rwa X ati: “Ubutegetsi bwa Kinshasa n’ubwa Gitega, bwateye ibirindiro byacu muri Mikenke, muri Teritwari ya Mwenga, muri Segiteri ya Itombwe. Ingabo zacu zahise zisubiza, MRDP na M23 babohoye Centre ya Mikenke yose.”

Rugabo yashimangiye ko ingabo z’iriya mitwe zigomba gukomeza kurinda abaturage.

Mikenke yasubiye mu maboko ya Twirwaneho na M23 nyuma y’amezi menshi yo n’uduce tuyikikije byarabaye isibaniro ry’ibitero bya drone za FARDC na FDNB.

Ni ibitero Twirwaneho yakunze kuvuga ko byagiye byicirirwamo abaturage benshi, abandi bagakomereka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *