Amakuru aturuka muri Congo Kinshasa aravuga ko inyeshyamba za M23 zaba zamaze gusaba abatuye umudugudu wa Kabindi ho muri Teritwari ya Rutshuru kuhimuka, mu gihe hanugwanugwa imirwano hagati yazo na FARDC.
Ni amakuru anemezwa n’inzego z’ibanze zo muri kariya gace nk’uko Radio Okapi y’Umuryango w’Abibumbye ibitangaza.
Amakuru avuga ko kuva ku wa Kabiri w’iki cyumweru ari bwo M23 yatangiye gusaba abatuye Kabindi kuhimuka bakerekeza mu mudugudu wa Tchengerero.
Okapi ivuga ko ukwimura aba baturage biri mu rwego rwo gutegura ikibuga cy’imirwano byitezwe ko ishobora kongera kubura hagati ya M23 imaze amezi arenga agatu yarigaririye Umujyi wa Bunagana na FARDC.



2 Responses
M23 yaba yamaze kwimura abatuye Kabindi kugira ngo ibone neza uko iharwanira na FARDC
Bwiza.com nayikunze chane iduhamakuru anyuranye
M23 yaba yamaze kwimura abatuye Kabindi kugira ngo ibone neza uko iharwanira na FARDC
Bwiza.com nayikunze chane iduhamakuru anyuranye