M23 yababajwe n’uko MONUSCO iyirwanya kandi ‘yaracecetse’ ku bitero bya ADF na CODECO

Sangiza iyi nkuru

Umutwe witwaje intwaro wa M23 ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ugaragaza ko utumva uburyo ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye ziwurwanya, kandi ngo zaracecetse ku bikorwa by’ubugizi bwa nabi bya ADF na CODECO.

M23 yabigaragarije mu itangazo rihakana amakuru yayishinjaga kugaba ibitero ku birindiro by’ingabo za MONUSCO, byatumye izi ngabo zifatanya n’iza Leta ya RDC mu kuyigabaho ibindi bikomeye.

Uyu mutwe uvuga ko kuva ingabo za MONUSCO zagera ku butaka bwa RDC, itarazirasa isasu na rimwe, ngo n’ubwo zo zigerageza kuwushozaho intambara.

Kuri ADF na CODECO, M23 yagize iti: “MONUSCO ntiratangiza intambara haba kuri ADF na CODECO zigaba ibitero ku basivili. Yaracecetse ntiyagira icyo ikora ku buryo byageze aho abaturage bayiranubira, bajya mu myigaragambyo mu mihanda basaba ko igenda.”

Uyu mutwe wakomeje uti: “Yaba yarabonye ko kurwanya M23 ari umwanya mushya wo kongera kubaka isura yayo yahindanye muri iyi myaka ubwo yareberaga imitwe yitwaje intwaro ubwo M23 itari yakabayeho, kuva mu 2013 kugeza ubu imitwe ikaba yaravuye muri 44 kugeza kuri 250.”

ADF, umutwe w’iterabwoba ukomoka muri Uganda wamaze igihe kinini ukora ibikorwa by’ubugizi bwa nabi muri Teritwari ya Beni muri Kivu y’Amajyaruguru, gusa yacitse intege kuva mu Gushyingo 2021 ubwo ingabo za Uganda zajyaga kuyirwanya. CODECO yo ni umutwe ukomoka muri RDC, ukunze kugaba ibitero muri Teritwari ya Djugu mu ntara ya Ituri.

Iyi mitwe yombi M23 yatanzemo urugero, isanzwe irwanywa n’ingabo za RDC gusa ntibibuza ibikorwa byayo by’ubugizi bwa nabi burimo kwicisha abaturage intwaro gakondo n’imbunda gukomeza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *