Umutwe wa M23 wahaye gasopo ubutumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma yo kwifatanya n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo mu kuwugabaho ibitero.
MONUSCO iheruka kwifatanya n’abarimo FARDC, FDLR, Wazalendo, Ingabo z’Abarundi, iza SADC n’abacanshuro b’Abarundi mu kugaba ibitero kuri M23.
Ubu butumwa bwa Loni kuva ku wa Gatandatu bwahisemo guhuza amaboko n’ihuriro ry’ingabo za Leta zimaze icyumweru zirwanira na M23 mu mujyi wa Kanyabayonga wo muri Teritwari ya Rutshuru.
M23 mu itangazo ryasohowe n’umuvugizi wayo, Lawrence Kanyuka, yashinje ingabo za MONUSCO guha umusada w’ubutasi ingabo za Leta yifashishije za drones zayo; mbere yo kuyigabaho ibitero bikomeye zikoresheje indege z’intambara.
Ingabo za RDC kandi zirateganya gukomeza kugaba ibitero kuri M23 zifashishije drones nshya z’intambara zo mu bwoko bwa CH-4 Kinshasa iheruka kugura mu Bushinwa.
Ni ibitero uyu mutwe uvuga ko bikomeje kwicirwamo abaturage b’abasivile b’inzirakarengane.
Usibye ibi bitero, M23 inashinja MONUSCO kuba imaze igihe iha ingabo za Leta ya Congo ibirindiro byayo byo mu duce twa Kiwanja na Kitshanga zikabyifashisha ziyigabaho ibitero.
M23 mu itangazo ryayo yaburiye MONUSCO ko nikomeza gukorana n’Ingabo za Leta ya Congo bizarangira ifashe ingamba.
Yagize iti: “Dushingiye ku kuba MONUSCO yarahisemo kubogamira ku ruhande rumwe mu mirwano, AFC/M23 iraburira MONUSCO ku cyemezo cyayo cyo kwinjira mu bitero bikomeje kugabwa kuri M23 ikoresheje ibirindiro byayo bya Kiwanja na Kitshanga.”
“Mu gihe imikoranire ya MONUSCO n’umwanzi yaba ikomeje, AFC/M23 izahatirwa gufata ingamba zikwiriye mu rwego rwo kwirinda ko umwanzi akomeza kwifashisha ibirindiro bya Kiwanja na Kitshanga”.
M23 yateguje ko izakomeza kwirwanaho no kurinda abaturage bo mu duce tw’intara ya Kivu y’Amajyaruguru igenzura.


