M23 yashinje FARDC kwica agahenge Amerika iheruka gutangaza

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa M23 washinje Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kwica agahenge Leta Zunze Ubumwe za Amerika zaherukaga gutangaza.

Amakuru avuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu imirwano hagati y’impande zombi yaba yaramukiye mu gace ka Kibumba ho muri Teritwari ya Nyiragongo.

M23 biciye muri Perezida wayo, Bertrand Bisimwa, yashinje FARDC kuba ari yo yishe agahenge.

Yanditse ku rubuga rwe rwa X ko saa mbili z’igitondo “imitwe y’ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bw’i Kinshasa” yarimo yerekeza i Kibumba kugaba ibitero ku birindiro bya M23.

Yunzemo ko ibyabaye ari “ukwica agahenge kasabwe n’umuryango mpuzamahanga bigizwemo uruhare na Amerika, mu rwego gutanga ubufasha bwo gukemura ikibazo mu mahoro.”

Mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 11 Ukuboza ni bwo Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko FARDC na M23 bemeye gutanga agahenge k’amasaha 72, mu rwego rwo korohereza Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) gusubira iwabo.

Amerika nyuma yo gutangaza aka gahenge yavuze ko izakoresha ubutasi bwayo n’inzego zayo za dipolomasi, mu rwego rwo kugenzura ibikorwa by’Ingabo za Leta ya Congo, imitwe bakorana na M23 mu gihe cy’agahenge.

Yavuze kandi ko ishyigikiye ko ibiganiro bya Nairobi na Luanda byakongera gusubukura, kugira ngo intandaro y’amakimbirane yo mu Burasirazuba bwa RDC ikemuke burundu.

Bisimwa avuga ko kuba FARDC yongeye gutangiza imirwano bisobanuye ko Guverinoma ya RDC nta nzira n’imwe ishyigikiye yo gukemura amakimbirane bafitanye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *