M23 yatangaje ko gushoza intambara kwa Tshisekedi ari ibyago kuri we

Sangiza iyi nkuru

Umutwe witwaje intwaro wa ARC/M23 urabona ko gusubira mu gace ka Mushaki kw’ingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC, no gutangaza intambara k’ubutegetsi bw’iki gihugu kuzabukururira ibyago.

FARDC yatangiye gusubira muri Mushaki tariki ya 22 Nzeri 2023 ubwo Guverineri w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru akaba n’umuyobozi w’ibikorwa bya gisirikare, Gen. Maj. Peter Cirimwami, yasuraga aka gace kagenzurwaga n’ingabo z’u Burundi ziri mu butumwa bw’umuryango EAC.

Amakuru yo kuba izi ngabo zarasubiye muri Mushaki yemejwe n’ibiro by’intara ya Kivu y’Amajyaruguru uwo munsi, aho byagize biti: “Perer Chirimwami kuri uyu wa Gatanu tariki ya 22/9/2023 yageze muri Mushake muri teritwari ya Masisi. Yatangaje kugaruka kwa FARDC muri aka gace, hamwe n’ingabo z’u Burundi, atanga ubutumwa bwo kudafungura amarembo y’ibiganiro na M23.”

Umuvugizi wa M23 mu rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, kuri uyu wa 27 Nzeri 2023 yasabye ko Leta ya RDC ifatirwa ibihano, kuko ngo yarenze ku myanzuro y’amahoro y’abakuru b’ibihugu byo muri EAC, isubiza ingabo muri Mushaki.

Kanyuka yagize ati: “Hari ukohereza abasirikare n’ingabo za UDPS [ishyaka riri ku butegetsi] muri Mushaki. Ni ukwica ihagarikwa ry’imirwano n’icyemezo cy’abakuru b’ibihugu cyafatiwe mu nama ya Bujumbura ku ya 4/02/2023. Turasaba akarere kubishingiraho gafatira Kinshasa ibihano.”

Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, na we aremeza ko amagambo Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi, agaragaza ko adashaka ko imirwano ihagarara. Ati: “Birakwiye kumenya ko ibyo Perezida Tshisekedi yabwiye UN ari ukurenga kweruye ku myanzuro y’inama idasanzwe ya EAC yabereye i Bujumbura tariki ya 4/2/2023. Guhagarika imirwano no kuva mu bice kwa M23 gukwiriye kujyanirana n’ibiganiro.”

Bisimwa yatangaje ko ubutegetsi bwa RDC bwagize amahitamo mabi yo kunyeganyeza inzira y’amahoro no gutesha agaciro umuhate w’abakuru b’ibihugu bya EAC, ashyira imbere intambara, bityo ko agomba kwirengera ingaruka zayo.

Yagize ati: “Perezida Tshisekedi yihakanye umukono yashyize kuri iyi myanzuro, ahitamo intambara nk’uburyo rukumbi rwo kugera ku mahoro. Akwiye kwirengera ingaruka z’intambara. Abaturage batubere abagabo, M23 izirwanaho.”

Leta ya RDC yari yatangaje ko izatangira kurasa kuri M23 niba itarava mu bice yafashe kugeza tariki ya 24 Nzeri. Ubu butegetsi burashinja uyu mutwe kutubahiriza imyanzuro y’abakuru b’ibihugu bya EAC.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. M23 yatangaje ko gushoza intambara kwa Tshisekedi ari ibyago kuri we
    Congo nirwane kubaturage bayo kuko M23 ninyeshyamba,bazihashe kuburyo nurokoka azajya yumva M23 nkinzozi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *