Umutwe wa M23 wirukanwe mu biganiro byamaze gutangira hagati ya Perezidansi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’imitwe yitwaje intwaro ikorera ku butaka bwa kiriya gihugu.
Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo ibi biganiro byatangiye i Nairobi mu gihugu cya Kenya.
Perezidansi ya Congo Kinshasa ibinyujije kuri Twitter yayo yatangaje ko mu gihe ibi biganiro nyunguranabitekerezo byari birimbanyije “ababyitabiriye batunguwe no gusubukura imirwano bikozwe na M23/Makenga.”
Iyi Perezidansi yavuze ko abahagarariye M23 bahise birukanwa muri ibi biganiro, mbere yo gukomeza kuganira n’indi mitwe.
Amakuru aturuka ku rugamba yanemejwe na Sosiyete Sivile aravuga ko Ingabo za Congo Kinshasa ari zo zateye ibirindiro bya FARDC mu bice bya Bugusa na Gisiza, ahumvikanye urusaku rw’imbunda ziremereye kugeza ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu.
M23 mu itangazo yasohoye yemeje ko Ingabo za Congo Kinshasa zateye ibirindiro byayo nyuma y’igihe kirekire zibyitegura, gusa ivuga ko izirwanaho kugeza ku herezo.



4 Responses
M23 yirukanwe mu biganiro biri guhuza RDC n’imitwe yitwaje intwaro ikorera ku butaka bwayo
Mbega inkuru ngo ingabo za kongo za ingabo za FARDC hhhhhh ninko nkuvuga ngo ingabo zu rwanda zateye iza RDf hhhh
M23 yirukanwe mu biganiro biri guhuza RDC n’imitwe yitwaje intwaro ikorera ku butaka bwayo
Mbega inkuru ngo ingabo za kongo za ingabo za FARDC hhhhhh ninko nkuvuga ngo ingabo zu rwanda zateye iza RDf hhhh
M23 yirukanwe mu biganiro biri guhuza RDC n’imitwe yitwaje intwaro ikorera ku butaka bwayo
Reka Tanzania ize ibaraseho mwumirwe
M23 yirukanwe mu biganiro biri guhuza RDC n’imitwe yitwaje intwaro ikorera ku butaka bwayo
Reka Tanzania ize ibaraseho mwumirwe