Umujyi wa Kitshanga uherereye muri teritwari ya Masisi, intara ya Kivu y’Amajyaruguru wasubiye mu maboko y’umutwe witwaje intwaro wa M23 nyuma y’imirwano ikaze yawuhuje n’indi irimo Wazalendo, igisirikare cya Leta na FDLR.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 21 Ukwakira 2023, Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, yatangaje ko iri huriro ryagabye igitero ku gice cya Bwiza bamaze iminsi bagenzura.
Bisimwa yagize ati: “Guhera saa 1:12 ku wa Gatandatu tariki ya 21 Ukwakira 2023, ingabo za Leta ya Kinshasa zigizwe na FDLR, FARDC, abacancuro ndetse n’inyeshyamba bateye ibisasu biremereye ku nkambi y’abavuye mu byabo ya Bwiza.”
Muri icyo gitondo, amakuru yaturutse muri RDC yavuze ko imirwano yakomereje no muri Kitshanga, umujyi M23 yigeze gufata hanyuma ikawuvamo. BWIZA yakiriye amakuru y’uko M23 yawisubije mu masaa tanu y’amanywa.
Umunyamakuru Justin Kabumba uzwiho gukora inkuru zibogamiye kuri Leta ya RDC yemeje ko koko M23 yafashe Kitshanga yose, ariko ko uruhande ruhanganye na yo rutagiye kure yawo.
Kabumba yagize ati: “Inyeshyamba za M23 zashoboye gufata umujyi wa Kitshanga wose guhera kuri uyu mugoroba nyuma yo gukumira gukomeye kw’abarwanyi ba Wazalendo. Agace ka Burungu kari hafi ya Kitshanga ko kagumye mu maboko ya Wazalendo nk’uko umuntu yabitubwiye.”
Uyu munyamakuru arahamya ko M23 yongereye imbaraga, bityo ko “hari impungenge” z’uko iri bufate n’ibindi bice.
Imirwano M23 irimo yubuye tariki ya 1 Ukwakira 2023, mu gihe yatangazaga ko uruhande rwa Leta ya RDC rwarashe mu bice igenzura, byahungiyemo abaturage benshi. Ingabo za Leta, FARDC, ziravugwa mu mirwano ariko ubutegetsi bw’iki gihugu bwo burabihakana.


