Myugariro Nizigiyimana Karim ‘Mackenzie’ uheruka gutandukana na Rayon Sports, yamaze kwerekeza muri Gasogi United.
Muri uku kwezi ni bwo Mackenzie na bagenzi be batanu bakinanaga muri Rayon Sports batandukanye n’iyi kipe, nyuma yo kurangiza amasezerano bari bafitanye na yo.
Kuri ubu uyu myugariro w’Umurundi ukina inyuma ku ruhande rw’iburyo yamaze kwerekeza muri Gasogi United yasinyiye amasezerano y’umwaka umwe.
Iyi kipe y’umushabitsi KNC yamusinyishije mu rwego rwo kumusimbuza myugariro Nkubana Marc wamaze kwerekeza muri Police FC.
Mackenzie w’imyaka 33 y’amavuko, yerekeje muri Gasogi mu gihe yari yaragiranye ibiganiro n’andi makipe atandukanye arimo na Kiyovu Sports.
Nizigiyimana Karim Makenzi yakiniye amakipe atandukanye arimo Vital’o y’iwabo mu Burundi, APR FC, Kiyovu Sports na Rayon Sports za hano mu Rwanda, AS Vita Club yo muri Congo Kinshasa cyo kimwe na Gor Mahia na Wazito FC zombi zo muri Kenya.


