Amatora yarangiye mu cyiciro cya mbere cy’amatora y’umukuru w’igihugu muri Madagascar kuri uyu wa Kane ushize, yabaye nubwo hari umukandida ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi wanze kuyitabira ndetse hakaba imyigaragambyo yaranzwe n’urugomo mbere y’umunsi w’amatora.
Amatora yabaye mu mahoro hamwe n’abashinzwe umutekano mucye mu murwa mukuru Antananarivo ariko abitabiriye gutora babaye bake.
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu itangazo ryashyize ahagaragara kuri uyu wa Kane, itariki 16 Ugushyingo, bavuga ko umubare w’abitabiriye ari wo”muto cyane mu mateka yose ya Madagascar” bakurikije imibare y’agateganyo y’indorerezi z’amatora.
Iri tangazo rigira riti: “Turemeza ko urugamba rukomeje kandi ntituzahagarara kugeza igihe intsinzi izagerwaho.”
Komisiyo y’amatora CENI yavuze ko itarabona imibare yemewe kandi idashobora gutanga ibisobanuro nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ikomeza ivuga.
Itsinda ry’ubukangurambaga rya Transparency International ryaburiye abayobozi ribasaba kwirinda kwemeza ibyavuye mu matora bavuga ko “bidasobanutse .”
Ku rundi ruhande ariko, abantu batonze umurongo ku biro by’itora mu turere dushyigikiye Perezida Andry Rajoelina n’ishyaka rye Tanora MalaGasy Vonona (Young Malagasy People Ready), mu gihe ibiro biri mu duce twiganjemo abatavuga rumwe n’ubutegetsi ari nk’aho hari ubusa.
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakoze imyigaragambyo mu byumweru birenga bitandatu mbere y’amatora, basaba ko asubikwa. Basabye kandi ko abantu bashya ari bo bayobora komisiyo y’amatora n’urukiko rwihariye rwashyizweho kugira ngo ruburanishe amakimbirane ashingiye ku matora.
Ariko Perezida Rajoelina ushaka manda ya gatatu, yanze icyifuzo cyo gutinza amatora yafashe nk’amayeri ya politiki anaburira abatavuga rumwe n’ubutegetsi ko kugerageza kubuza abantu gutora bitemewe.
Rajoelina yahanganye n’ikibazo cy’abayobozi bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi, barimo abahoze ari abaperezida babiri, batangaje ko adakwiye kwiyamamariza indi manda kandi bahamagarira abayoboke babo kutazitabira gutora.
Rajoelina, rwiyemezamirimo w’imyaka 49 akaba yarahoze ari DJ, yagiye ku butegetsi muri coup d’Etat yo mu 2009 yateye ubwoba abashoramari muri iki kirwa cyo mu Nyanja y’u Buhinde. Yeguye ku butegetsi nyuma y’imyaka igera kuri itanu ari umuyobozi w’inzibacyuho nyuma aza kuba perezida nyuma yo gutsinda amatora yo mu 2018.
Abamurwanya bavugaga ko adakwiye kwemererwa kwiyamamaza kuko afite ubwenegihugu bw’u Bufaransa yabonye muri 2014.


