Muri Madagascar, ubutabera bwataye muri yombi uwahoze ari Perezida wa Sena, Richard Ravalomanana. Uyu wari isura y’ubutegetsi bwa Rajoelina, wamaganwe n’abigaragambyaga mu gihe cy’imyigaragambyo ya Gen Z iherutse, yatawe muri yombi kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki ya 27 Ukuboza, akuwe iwe i Antananarivo. Mu minsi yashize yari yanze kwitaba ihamagazwa rya Gendarmerie.
Abashinzwe iperereza bibanze ku ruhare yagize mu guhashya imyigaragambyo yo muri Nzeri n’Ukwakira nk’uko inkuru dukesha RFI ivuga.
Ku wa Gatandatu, itariki ya 27 Ukuboza, umushinjacyaha mukuru mu rukiko rw’ubujurire rwa Antananarivo, Didier Alban Razafidralambo, yavuze ko Richard Ravalomanana yayoboye “ibikorwa by’urugomo byo guhashya imyigaragambyo y’abaturage”.

Umucamanza yerekanye ko uwahoze ari Perezida wa Sena ashobora gukurikiranwaho “guhungabanya umutekano w’igihugu, gushishikariza urwango, no kugira uruhare mu bwicanyi no gukomeretsa nkana.”
Umuryango w’Abibumbye uvuga ko abantu 22 bishwe abandi barenga 100 barakomereka mu myigaragambyo yatumye Perezida Andry Rajoelina ahirikwa ku butegetsi n’itsinda ry’abasirikare ku itariki ya 14 Ukwakira.
Nk’umwe mu bantu bari bakomeye mu butegetsi bwahiritswe, bivugwa ko Richard Ravalomanana yabaye intandaro y’uburakari bw’abigaragambyaga, bamubonaga nk’ikimenyetso cy’ubutegetsi bw’igitugu.
Richard Ravalomanana wavutse ku itariki ya 14 Ukuboza 1959, ni umunyapolitiki wo muri Madagascar warahoze ari umusirikare mukuru (general) wabaye Perezida wa Sena ya Madagascar kuva mu 2023 kugeza mu 2025. Ibitangazamakuru bimwe byavuze ko yari umufatanyabikorwa wa hafi wa Rajoelina.


