Maj. (Rtd) Habib Mudhatiru yemeye ibyaha byose ashinjwa ataruhanyije

Sangiza iyi nkuru

Maj.(Rtd) Habib Mudhatiru, umwe mu bantu 25 bakurikiranweho kuba mu mitwe y’inyeshyamba (nka RNC na FDLR) irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda kuri ubu bari kuburanishwa n’urukiko rwa Gisirikare, kuri uyu wa Gatanu, itariki 18 Ukwakira, yemeye ibyaha ashinjwa avuga ko atabihakana kuko bigaragara.

Aba bantu uko ari 25 bakurikiranweho ibyaha bigera kuri bine birimo; kurema no kuba mu mutwe witwara gisirikare utemewe, ubugambanyi, kugambirira kugirira nabi ubutegetsi buriho no kugirana imibanire n’igihugu cy’amahanga.

Kuri uyu wa Gatanu Maj. (Rtd) Habib Mudhatiru yemeye ataruhanyije icyaha cyo kwinjira mu mutwe witwara gisirikare utemewe. Ati: “Ibyaha ndimo gushinjwa hafi ya byose ni ukuri kandi sinabihakana kuko biragaragara.”

Yakomeje agira ati: “nibyo uwo mutwe wa gisirikare uriho kandi nari nkurimo.”

Yongeyeho ko ari ukuri koko yabonanye n’abasirikare bakuru mu Burundi ariko nta wo muri Uganda bahuye.

Ati: “Ndemera ibyaha byose bine nshinjwa kandi nifuzaga kuvuga ko nsabye imbabazi bimvuye ku mutima ku kwivanga muri buri kimwe.”

Umwunganizi we mu mategeko, Paula Umulisa, yabwiye urukiko ko umukiriya we yaruhaye ubuhamya bw’amapaji 7 ku byaha byose ashinjwa, asaba ko igisigaye ari ukwihutisha ibintu bakaba bagombye gutangira kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.

Umucamanza akaba yamubwiye ko amategeko ari yo agena uko iburanisha rikorwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *