Ingo zirenga 15 zigizwe n’abantu barenga mirongo itandatu bavuye mu nkambi ya Dzaleka muri Malawi bagamije gusubira mu Burundi n’amaguru. Bafashwe n’abapolisi ku mupaka wa Tanzaniya. Abantu bireba bavuga ko bahunze inzara yibasiye imiryango yabo kuva bakurwa ku rutonde rw’abagenerwabikorwa b’ishami rya Loni ryita ku Biribwa (PAM).
Urugendo rwabo rurerure kandi rutoroshye rwatangiye mu mpera z’icyumweru gishize, bakoresheje inzira z’ibanga. Bageze ku mupaka uhuza Tanzaniya na Malawi mu ntangiriro z’iki cyumweru, izo mpunzi z’Abarundi zafashwe n’abapolisi ba Tanzaniya nk’uko tubikesha SOS Media Burundi.
“Abapolisi barabafashe mbere yo kubimenyesha inzego za UNHCR muri Tanzaniya na Malawi. Nyuma y’ibiganiro birebire, abapolisi bahisemo kubagarura mu nkambi ya Dzaleka. Abarebwa n’iki kibazo baranze rwose, bahitamo gupfa maze batangira kwiroha mu ruzi hafi y’umupaka. Abategetsi bahise bafata icyemezo cyo kubareka bakinjira muri Tanzaniya, ”ibi bikaba byavuzwe n’Umurundi wari wagumye mu nkambi ya Dzaleka.
Bivugwa ko aba bantu barenga 60, b’impunzi z’Abarundi basobanuriye abapolisi bo mu bihugu byombi ko bahitamo gusubira iwabo n’amaguru aho kwicwa n’inzara mu gihugu kitabashaka.
“Tekereza, twakuwe ku rutonde rw’abagomba kwitabwaho na UNHCR mu gihe dukennye. N’iki gikurikira? Ni urupfu, ” ibi babibwiye abapolisi ba UNHCR bahuye nabo ku mupaka wa Tanzania na Malawi.
Mu nkambi ya Dzaleka, Abarundi bahisemo kujya ku biro bya UNHCR gusaba gutaha ku bushake kubera gutinya inzara. Biyandikishije ariko UNHCR isobanura ko itaratangira iyi gahunda yo kubacyura.
Mu ntangiriro z’uku kwezi, nibwo PAM yavuguruye urutonde rw’impunzi izafasha muri iyi nkambi ya Dzaleka icumbikiye impunzi zirenga 48.000, harimo n’Abarundi barenga 11,000.
Ingo zirenga 670 zakuwe ku rutonde rw’abafashwa. PAM irasobanura ko abo bireba bashoboye kwiyitaho, ariko aba, biganjemo Abarundi, babona izindi mpamvu zabiteye zirimo no kubacyura ku gahato mu ibanga.


