Mali: Abasirikare ‘bashyigikiwe’ n’igihugu gikomeye bagerageje guhirika ubutegetsi bwa Col. Goïta

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma ya Mali yatangaje ko agatsiko k’abasirikare bashyigikiwe n’igihugu kimwe cyo mu burengerazuba bw’Isi kagerageje guhirika ubutegetsi bw’inzibacyuho bwa Colonel Assimi Goïta ariko ntibyagakundira.

Itangazo iyi guverinoma yasohoye mu ijoro ryo kuri uyu wa 16 Gicurasi 2022, rigira riti: “Agatsiko gato k’abasirikare kagerageje guhirika ubutegetsi bwa Perezida w’inzibacyuho, Colonel Assimi Goïta. Hari mu ijoro ryo ku wa 11 rishyira uwa 12 Gicurasi.”

Iri tangazo ryakomeje risobanura ko iki gikorwa kitari cyiza cyari kigamije gusenya ukongera kwiyubaka kwa Mali, kandi ngo “abagerageje iyi coup d’etat bari bashyigikiwe n’igihugu cyo mu burengerazuba.”

Nk’uko Jeune Afrique ibivuga, iki gihugu cyo mu burengerazuba cyavuzwe muri iri tangazo, ariko ngo birashoboka ko ari u Bufaransa bumaze iminsi budacana uwaka n’ubutegetsi bwa Col. Goïta, bishingiye ku mpamvu zirimo igihe inzibacyuho izarangirira, imikoranire n’Abarusiya n’ihagarikwa ry’amasezerano y’ubufatanye mu by’igisirikare ibihugu byombi byari bifitanye.

Col. Goïta ayobora inzibacyuho ya Mali guhera muri Werurwe 2021 ubwo yahirikaga ubutegetsi bwa Bah N’Daw wari Perezida w’inzibacyuho, wari warasimbuye Ibrahim Boubacar Keïta wahiritswe muri Kanama 2020.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *