Mali: Impanuka ya bisi yahitanye abagera kuri 31

Sangiza iyi nkuru

Abagera kuri 31 kuri uyu wa Kabiri, bapfuye bazize impanuka muri Mali ubwo imodoka yo mu bwoko bwa bisi yibirunduraga ku rutindo rwo ku mugezi uri hafi y’umujyi wa Kenieba. Byatangajwe na minisiteri yo gutwara ibintu n’abantu.

Iyo bisi yari ku muhanda yerekeza muri Burkina Faso, ubwo yakoraga impanuka mu masaha ya saa kumi n’imwe kw’isaha yo mu karere, nk’uko iyo minisiteri ibivuga. Yongeyeho ko abanyamali n’abandi bantu bakomoka mu bindi bihugu byo mu burengerazuba bw’Afurika, bari mu bahitanywe n’iyo mpanuka.

Iyo minisiteri yavuze ko byaba byatewe n’uko umushoferi atabashije kugarura iyo modoka nk’uko tubikesha VOA.

Impanuka zo mu mihanda zikunze kuboneka mu burengerazuba bw’Afurika, aho mu uburyo mu rusange bwo gutwara abagenzi, baba bapakiye kandi nta n’amategeko ahamye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *