Kuri uyu wa Gatandatu, inyeshyamba ziganjemo Aba-Tuareg zavuze ko zahitanye abantu benshi ku ruhande rw’ingabo za Mali mu gitero cyagabwe ku wa Kane ku nkambi ya Dioura, mu karere ka Mopti (hagati).
Inyeshyamba zavuze ko zabaze imirambo 98 y’abasirikare, mu itangazo ryashyizwe ahagaragara mu izina rya Permanent Strategic Framework, urwego ruyobowe n’ihuriro ry’imitwe ya Azawad (CMA), ihuriro ry’imitwe yiganjemo aba Tuareg bifuza kwitandukanya na Mali.
Ibivugwa n’inyeshyamba n’abantu bose bagize uruhare mu mirwano biragoye kubigenzura muri utu turere twa kure nk’uko iyi nkuru dukesha VOA ivuga. Kugera ku masooko yigenga mu ngo biragoye.
Kugeza ubu igisirikare cya Mali cyemeye igitero cyagabwe ku nkambi yacyo ku wa Kane, ariko nta yandi makuru arambuye cyatanze kuri cyo, nubwo hagaragaye amashusho ku byabereye i Dioura ku mbuga nkoranyambaga.
Kuva mu mpera za Kanama, amajyaruguru ya Mali niyo yiganjemo ibikorwa bya CMA ndetse no kwiyongera kw’ibitero by’aba jihadistes ku ngabo za Mali. Ibikorwa bya gisirikare byibasira ibirindiro byinshi by’ingabo kuva icyo gihe.


