Mali yahawe igihe ntarengwa cyo kuba yarekuye abasirikare ba Côte d’Ivoire ifunze

Sangiza iyi nkuru

Umuryango w’akarere ka Afurika y’uburengerazuba, ECOWAS, wahaye Leta ya Mali igihe ntarengwa cyo kuba yarekuye abasirikare 46 ba Côte d’Ivoire ifunze kuva muri Nyakanga 2022.

Umuyobozi wa Komisiyo ya ECOWAS, Omar Touray, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku wa 4 Ukuboza nyuma yo kugirana inama n’abahagarariye ibihugu bigize uyu muryango, yatangaje ko Mali igomba kuba yarekuye aba basirikare bitarenze tariki ya 1 Mutarama 2023.

Yagize ati: “Turasaba ubutegetsi bwa Mali kurekura abasirikare bo muri Ivoire bitarenze tariki ya 1 Mutarama 2023.”

Nk’uko ikinyamakuru Africa News kibisobanura, Perezida Faure Gnassingbé usanzwe ari umuhuza w’ibihugu byombi muri iki kibazo, arateganya kugirira uruzinduko muri Mali, agasaba ko aba basirikare barekurwe.

Icyakoze Touray yatangaje ko mu gihe itariki ntarengwa yazagera Mali itararekura aba basirikare, ECOWAS ifite uburenganzira bwo gufata ingamba.

Ingabo za Mali zataye muri yombi aba basirikare ubwo bari bageze ku kibuga cy’indege cya Bamako, basobanura ko bajyanye ibikoresho mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye. Gusa zo zanze kubyemera, zibashinja kuba abacancuro bari bagambiriye guhungabanya umutekano w’iki gihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *