Igisirikare cya Mali cyarekuye abasirikare batatu b’abagore bo muri Côte d’Ivoire muri 49 kimaze iminsi gifunze, kibashinja kuba abacancuro bashakaga gungabanya umutekano w’igihugu.
Ikinyamakuru France 24 cyo mu Bufaransa cyatangaje ko umudipolomate wa Mali utashatse kumenyekana yemeje ifungurwa ry’aba bagore, asobanura ko barekuwe hashingiwe ku mpamvu z’ubumuntu (titre humanitaire).
Ni amakuru yamenyekanye kuri uyu wa 3 Nzeri 2022, agira ati: “Abasirikare batatu b’abagore mu itsinda ry’abasirikare 49 bo muri Côte d’Ivoire, bafungiwe muri Mali, bagashinjwa kuba abacancuro, bafunguwe kubera impamvu z’ubumuntu.”
Batawe muri yombi tariki ya 10 Nyakanga 2022, ubwo bari bageze ku kibuga cy’indege ya Bamako, baherekejwe n’indege yari itwaye ibikoresho bya gisirikare.
Leta ya Côte d’Ivoire yasobanuye ko bari bagiye mu butumwa bw’amahoro bushingiye ku masezerano iki gihugu cyagiranye na misiyo y’Umuryango w’Abibumbye muri Mali, MINUSMA, ariko igisirikare kibafunze gishimangira ko hari impamvu zikomeye zituma gikomeza kubafunga.


