Ikipe ya Manchester City yemerewe gukina imikino ya UEFA Champions league mu myaka iri imbere, nyuma yo gukurirwaho n’urukiko rwa Siporo rwa CAS igihano cy’imyaka ibiri cyo kudakina amarushanwa yo ku mugabane w’Uburayi yari yarafatiwe mu ntangiriro z’uyu mwaka.
Muri Gashyantare ni bwo Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Uburayi [UEFA], yari yahagaritse Manchester City mu marushanwa itegura mu gihe kingana n’imyaka ibiri, iyishinja kwica amategeko agenga amakipe i Burayi mu bijyanye n’umutungo (Financial Fair Play Rules).
Mu itangazo Manchester City yasohoye kuri uyu wa mbere, yemeje ko ibihano yari yarafatiwe byavanweho igira iti: “Mu gihe Manchester City n’abajyanama bayo mu by’amategeko batarasuzuma neza icyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ubukemurampaka kuri Siporo (CAS), iyi kipe yishimiye ingaruka z’icyemezo cy’uyu munsi nko kwemeza uruhande ikipe ihagazemo ndetse n’ibimenyetso yashoboye gutanga.”
Cyakora cyo n’ubwo Manchester City yemerewe kongera kugaragara mu marushanwa ategurwa na UEFA, igomba kwishyura amande angana na €10,000,000 (arenga miliyari 10 z’Amafaranga y’u Rwanda) kubera kudafasha abayikoragaho iperereza.
Kuba Manchester City yakuriweho biriya bihano, bisobanuye ko izagaragara mu mikino ya UEFA Champions league y’umwaka utaha dore ko yamaze kwizera kurangiza Shampiyona y’Abongereza iri mu makipe ane ya mbere.
Mu Ukuboza 2019 ni bwo UEFA yatangije iperereza kuri Manchester City ishinjwa kwica nkana amategeko y’umutungo mu bikorwa by’amakipe azwi nka Financial Fair Play.
Akanama kigenga gashinjwe gukurikirana ibijyanye n’umutungo w’amakipe (CFCB), katangaje ko Manchester City “yabeshye amafaranga yinjije muri raporo yahaye UEFA hagati ya 2012 na 2016” ndetse ntiyorohereze aka kanama mu iperereza.
UEFA yatangije iperereza kuri Manchester City nyuma y’impapuro zagaragajwe n’ikinyamakuru Der Spiegel cyo mu Budage mu Ugushyingo 2018, zigaragaza ko Manchester City yabeshye amafaranga yabonye binyuze mu baterankunga yungutse.


