Imirwano yakomeje mu gitondo cy’uyu wa 8 Werurwe 2023 hagati y’umutwe witwaje intwaro wa M23 n’ingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC, hirengagizwa ubwumvikane bwo kuyihagarika.
Hashingiwe ku bwumvikane yagiranye na Perezida wa Angola usanzwe ari n’umuhuza washyizweho n’umuryango wa Afurika yunze ubumwe, kuri uyu wa 7 Werurwe M23 yatangaje ku mugaragaro ko yahagaritse imirwano.
Gusa byaciye amarenga ko n’ubwo uyu mutwe witwaje intwaro watangaje ko uyihagaritse, ishobora gukomeza. Ni bwo Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa yagize ati: “Ni ingenzi kumenya ko Leta ya Kinshasa yanze gutangaza ku mugaragaro ko ihagaritse imirwano. Impamvu yo kutabikora si ibanga, Kinshasa ntishaka amahoro.”
Nyuma y’amasaha atanu M23 itangaje ko ihagaritse imirwano, Umuvugizi wa guverineri w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru ku rwego rwa gisirikare, Lt Col. Guillaume Ndjike Kaiko, yatangaje ko kuri uyu wa 7 Werurwe, uyu mutwe witwaje intwaro warashe ku birindiro bya FARDC muri Karuba, uva mu gace ka Kibirizi ugana Rwindi, uva no muri Mabenga ujya Rwindi, ati: “Imirwano irakomeje.”
Mu gitondo cy’uyu wa 8 Werurwe 2023, imirwano hagati y’izi mpande zombi yakomereje muri ibi bice, by’umwihariko muri Karuba, kandi buri ruhande rurashinja urundi kuba gashozantambara.
Umuvugizi wa M23 ku rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, muri iki gitondo atangaje ko ihuriro rya Leta ya Kinshasa ari ryo ryagabye igitero ku birindiro by’abarwanyi babo. Ati: “Ihuriro ry’ingabo za Leta ya Kinshasa ryagabye igitero ku ngabo zacu kuri Kuriba na Nkingo muri iki gitondo, saa 06h18.”
Kanyuka yibukije ko Leta ya Kinshasa ikomeje gutesha agaciro umuhate w’abayobozi bo mu karere n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga, ugamije gushaka amahoro mu burasirazuba bwa RDC.
Nta wakwanzura ngo yemeze gashozantambara muri iyi mirwano kuri iyi nshuro kuko n’ubusanzwe iyo hagize uruhande rwemera kuyihagarika, zombi zishinjanya kongera kuyubura.


