000_336L8H8

Masisi: Inyeshyamba za M23 zabyukiye mu mirwano ikaze na Wazalendo

Sangiza iyi nkuru

Imirwano ikaze hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo bivugwa ko yadutse kuva saa munani z’igicuku kuri uyu wa Gatanu ahitwa Luke, muri Gurupoma ya Nyamaboko ya 1 muri Teritwari ya Masisi, Kivu y’Amajyaruguru.

Amakuru dukesha ACTUALITE.CD avuga ko Wazalendo yagabye ibitero icyarimwe ku birindiro by’inyeshyamba za M23 i Luke ishaka kubirukana mu mujyi bigaruriye kuva ku wa Kabiri ushize, ngo bongere kuwugenzura.

Kugeza ubwo iyi nkuru yandikwaga, mu karere k’imirwano humvikanaga urusaku rw’intwaro ziremereye ndetse n’izoroheje.

Iyi mirwano ngo ihangayikishije abaturage bo mu bice bihegereye, bakiriye abavanwe mu byabo muri Luka na Katobotobo, mu Murenge wa Katoy.

Biravugwa rero ko ibintu bishobora guhinduka umwanya uwo ari wo wose, kubera ko iyi zone ngo ikomeje kuba mu cyoba.

Ku wa Gatatu ushize nibwo M23 yafashe neza uduce twa Katobotobo na Luke muri teritwari ya Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru.

Ni nyuma y’imirwano yabaye ku wa Mbere, ku wa Kabiri ndetse no ku wa Gatatu mu bice by’iburengerazuba bwa Masisi hagati ya M23 n’abarwanyi ba Wazalendo ubusanzwe bafashwa n’Igisirikare cya leta.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *