Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aravuga ko nyuma y’umunsi wose w’imirwano ikaze kuri uyu wa Gatatu ushize, inyeshyamba za Wazalendo zabashije gusubiza inyuma inyeshyamba za M23 zikazirukana mu gace ka Kausa .
Ni mu gihe aya makuru akomeza avuga ko ku rundi ruhande inyeshyamba za M23 zikigenzura imidugudu ya Nyakariba, Nyamitaba na Kanzenze muri Teritwari ya Masisi.
Imirwano yubuye mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu, itariki 5 Nyakanga, ahantu hatandukanye muri Masisi, bivugwa ko yahuje inyeshyamba za M23 n’iza Nyatura ahitwa Muyange ugana Rusinga.
Guhera mu ma saa sita uwo munsi, imirwano yakomereje mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Kilolirwe, ku muhanda wa Nyamitaba nk’uko bimwe mu bitangazamakuru byo muri Congo bikomeza kubitangaza kuri twitter.
Inyeshyamba za M23 ngo zaba zarigaruriye umujyi muto wa Muheto, ndetse ngo zaba ziri ahitwa Kaghusa hafi ya Mushaki ngo ishobora na yo gufatwa akanya kose nk’uko umwe mu baturage yabitangarije abanyamakuru kuri telephone.


