Maze amezi abiri ndara ukubiri n’umugabo ngo ni uko ntagira amavangingo- Mungire inama

Sangiza iyi nkuru

Ndabaramukije, mfite imyaka 34 nkaba ndi umubyeyi w’abana babiri, umukobwa n’umuhungu. Umugabo wanjye tumaranye imyaka umunani tubana.

Hashize imyaka ibiri umugabo wanjye tutabanye neza nyuma y’aho ntangiye kumubonaho ingeso z’ubusambanyi, aho anca inyuma akaryamana n’abandi bagore kandi nkabimenya.

Twakomeje kubana gutyo tutumvikana neza, ariko bigeze mu kwezi kwa Kane biba akarusho kuko ubu yanyirukanye ku gitanda ngo ntakeneye ko muryama irunde mu gihe cyose ngo ntabasha kumushimisha mu buriri.

Yareruye ambwira ko ajya ku bandi bagore agasanga bafite amavangingo, none ngo njye ndumye, ngo nta munezero, mbese ni byinshi mwa bantu mwe.

Njyewe ndamubaza nti imyaka tumaranye nibwo ibyo byose wibutse kubimbwira se? gusa mbona ko intego ye ari iyo kuntesha umutwe ahari ngo nzigendere abane n’uwo bahararanye.

Ubu ndara ntatuje, mfite ubwoba. Ku meza turasangira twarangiza akajya mu cyumba cye na njye mu kindi, namusabye imbabazi ngo ave mu nshoreke ariko ntabyumva. Mungire inama.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Maze amezi abiri ndara ukubiri n’umugabo ngo ni uko ntagira amavangingo- Mungire inama
    yoooo ma cheri ihangane nukuri ndumva ubuzima bwanse kweri. nukuvuga umugabo wawe yaramaze kwinjirira abandi bagore kumbure bamuhimbara kugusumvya. hasigaye ahImana, usenge cane kuko nanone shetani yarabinjiriye cane cane. ariko Imana niyo nkuru muri vyooooose. uyisenge utayibangikanije. warahezagiwe

  2. Maze amezi abiri ndara ukubiri n’umugabo ngo ni uko ntagira amavangingo- Mungire inama
    yoooo ma cheri ihangane nukuri ndumva ubuzima bwanse kweri. nukuvuga umugabo wawe yaramaze kwinjirira abandi bagore kumbure bamuhimbara kugusumvya. hasigaye ahImana, usenge cane kuko nanone shetani yarabinjiriye cane cane. ariko Imana niyo nkuru muri vyooooose. uyisenge utayibangikanije. warahezagiwe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *