Gupfusha ubukwe ni ikintu kibabaza ndetse kikanahungabanya umuntu bibayeho. Umukobwa utarifuje ko tuvuga izina rye yaduhaye ubuhamya anagisha inama kucyo yakora ku gahinda kenshi yatewe no kuba mukase na murumuna we yaramwiciye ubukwe, bugapfa habura icyumweru kimwe ngo bube .
Ati nakuze ndi umwana w’imfubyi kuri mama turerwa na mukadata ariko nta kibazo twari dufite kuko nabonaga atadufata nabi njye na musaza wanjye, ibyo yakoreraga abana be nibyo natwe yadukoreraga ku buryo twamwitaga mama nawe akavuga ko turi abana be
Naje gukundana n’umusore tumarana imyaka itatu twemeranya no kubana ariko Satani yaje kubyivangamo mpemukirwa na murumuna wanjye tuvukana kwa papa gusa, twarakuranye ariwe muvandimwe niyumvamo kurusha na musaza wanjye twari duhuje ababyeyi bombi.

Ubwo twapanze ubukwe ibintu byose tubishyira kuri gahunda buri buke tujya mu murenge, uwo murumuna wanjye tuvanye guhaha ibintu tuzakoresha mu bukwe, arambwira ngo muherekeze anyure ku muhungu w’inshuti ye bigana ngo hari note ari bujye kuzanayo.
Twagiye iwe dusanga umusore ari mu rugo wenyine uwo murumuna wanjye yitaba telefoni asa n’ubwiwe inkuru yihutirwa arambwira ngo tube tuganira araje agiye ku muhanda gato. Hashize nk’iminota 30 nkimutegereje namuhamagara telephone nkayibura, ubwo hari agiye guhamagara fiance wanjye kuko ngo yari amaze iminsi amubwira ko ntitwara neza ariko we ntabihe agaciro akumva ko ari ukumparabika.
Ubwo uwo musore wiganaga na murumuna wanjye nawe sinzi signe( ikimenyetso) umukobwa yamuhaye, akimenya ko bageze ku muryango atangira kunyisomeshwa ku itama nk’abantu basanzwe bamenyeranye, igihe ndiho mwiyama namusezera ngo nitahire, mbona murumuna wanjye na fiance wanjye bampagaze imbere.
Ubwo fiancé wanjye yararakaye cyane ashaka no kudukubita njye nuwo musore nanjye ariko musobanurira adashaka kunyumva.
Fiance wanjye yahise afata moto nanjye numva meze nkuru mu nzozi murumuna wanjye nawe aba arasohotse nanjye ndasohoka ndataha, nagiye kugera mu rugo inkuru zantanzeyo ngo fiancé yamfashe njya gusezera umusore wundi nababangikanyaga.
Narababaye mbura umuntu numwe ntura agahinda. Burya koko ngo umwanzi mubi ni uwo mubana mu nzu ! Nahise mbona urwango uwo mukadata yanyangaga nubwo mbere ntabibonaga. Ibaze nawe umuntu ufata nka mama wawe ariko akaba ariwe wa mbere uterefona abantu ngo ubukwe ntibukibaye. Ubwo Data yari atarava ku kazi aba arazimukubise ngo umukobwa wawe ubusambanyi bumukozeho none baramubenze. Nawe nkaba naramufashe nk’uwanyiciye ubukwe kuko byibura yari kureba uburyo avugana na fiyanse wanjye ntibisakuze
Mwa bantu mwe gupfusha ubukwe birababaza wongere uti birababaza, byakongeraho ko nta ruhare wabigizemo bikarushaho gutera intimba.Imiryango yarandakariye, umuntu umwe wenyine wanyumvaga agapfa kwizera ukuri kwanjye ni musaza wanjye wenyine.
Kuva ubukwe bwapfa natangiye gutotezwa cyane na mukadata ngo nasebeje umuryango ntuma dupfusha ubusa amafaranga ngo turagura ibishyingizwa, ngeze aho mfata umwanzuro wo kujya kwibana byibura nkahunga mukadata n’umukobwa we.
Nihaye amahoro ariko nkumva uko bizagenda kose, ukuri kuzagera aho kukamenyekana. Hashize ameze atatu nasabye wa musore twakundanaga guhura tukaganira akajya yanga ariko nyuma aza kunyumva turahura.
Namubwije ukuri kandi nawe yari asanzwe azi ko nta ngeso mbi ankekaho. Gusa nawe uri umuntu ushyira mu gaciro wabonaga ko hari ikibyihishe inyuma ko ari ibintu byari byapanzwe.
Twavuye aho twahuriye twongeye kwiyunga, hashize andi mezi atatu twarongeye dufata indi gahunda yo gukora ubukwe, ubu muri uku kwa gatatu tuzasezerana imbere y’Imana mu murenge ho twamaze kuvayo.
Ese mbigire nte? Nzatumiremo murumuna wanjye na mukadata kandi aribo bagize uruhare mu kunyicira ubukwe? Ntabatumiye ku byaba ikibazo mu muryango mbigenze?
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Semigabo JP/ Bwiza.com


