Hakomeje kwibazwa niba Umuhanzi Meddy yaravuye ku izima agasubika ibitaramo bibiri yateganyaga gukorera mu Mujyi wa Bujumbura nyuma yo kuburirwa ko najyayo azicwa.
Abinyujije kuri Facebook uwitwa Gatoto Eddy Mathias yanditse muri groupe yitwa Humura Burundi avuga ko igihe Meddy yaba akandagiye mu Burundi bitazamugwa neza ndetse bakomeza bavuga ko azaba aje kubateza ubukene nubwo bafite butaboroheye.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa instagam, Meddy yatangaje ko hari ikintu kigiye kwimurwa (shift) bityo umuntu akaba yakwibaza niba ari iki gitaramo agiye gusubika.
Yagize ati “ Hari ikintu kigiye kwimurwa.”

[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]
Nta gihindutse Meddy azakorera igitaramo i Bujumbura ku itariki ya 29 Ukuboza 2018 , ahitwa Boulevard de l’Uprona akazakurikizaho ikizabera i Kigali ku bunane.


