Umunyapolitiki Me Nyarugabo Moïse, yagaragaje ko ingabo z’u Burundi zimaze gushinga ibirindiro birenga 70 mu gice cy’imisozi miremire ituwe n’abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
U Burundi bufite muri iyi ntara ingabo zirenga 10,000 ziri mu mabatayo ari hagati ya 12 na 15.
Izi ngabo zishinjwa gufatanya n’imitwe y’abanye-Congo ya Wazalendo ndetse n’uw’abajenosideri wa FDLR mu kugaba ibitero ku Banyamulenge, ndetse imiryango itandukanye igaragaza ko ibyo bariya baturage bakorerwa ari Jenoside.
Nyarugabo yavuze ko kuri ubu Ingabo z’u Burundi zifite ibirindiro bibarirwa muri 70 mu misozi miremire, uturutse i Rurambo mu majyaruguru kugeza mu Rugezi mu Rugezi mu majyepfo.

Ibi birindiro birimo ibiri mu gace ka Nyundo aho ingabo z’u Burundi zifite bibiri, i Gashengo ku isoko no mu nkengero zaho hari bibiri, ahitwa mu Miyaga hari bibiri, Nyamarogwe hari bibiri, Rushogo hari kimwe, i Gitembe hari bibiri, mu Bijojwe hari bimwe, ahitwa Ruvubu hahoze isoko hari bimwe, ahitwa Kugashya hari bimwe, ku musozi wa Kange hari ibirindiro byinshi; ku musozi wa Muhe hari ibirindiro byinshi; Muziba hari ibirindiro byinshi; Kigarama hari ibirindiro bibiri, Gitavi (Gashama) hari ikirindiro bimwe, ku ruhererekane rwa Mukono hari bibiri ndetse no ku Gasozu hari bimwe.
Ingabo z’u Burundi kandi zifite ibirindiro bimwe mu duce twa Gitoga, Rubuga, Magunda (ho hari ibirindiro binini), Masango, Mumazi, Rudefu, Nyaruhinga ku musozi wa Nyankware, Marimba, Kanono, Mitarumba, Rubarati, Mukumba, Gatanga, Murambya-Centre, Kiziba (Mugogo), Mugeti, Masoro, Maheta, Bijombo-Centre, Kirumba, Karunga, Kuwigitaka, Cyakira munturusi, Nyamara, Kamombo -Centre na Mutenja.
Ahandi ni i Karumyo, Kangwe, Kabara, Mikarati hari ibirindiro bitatu, Kigazura, Firo, Gitasha, Mungezi, Makaina, Bilalombili, Rwitsanku, Point-zéro, Kipupu, Nyabibuye, Kabanju na Rugezi.


