Messi yutswe umunabi n’abafana ba FC Barcelona, bamugereranya na Yuda

Sangiza iyi nkuru

Umunya-Argentine Lionel Messi yibasiwe cyane n’abafana ba FC Barcelona bamwita umugambanyi, nyuma yo gukunda ifoto yashyizwe kuri Instagram na Lautaro Martinez ubwo yishimiraga igitego yatsinze iriya kipe.

Lautaro Martinez yatsinze igitego cya kabiri ubwo FC Barcelona yanganyaga ibitego 3-3 na Inter Milan; mu mukino wa kane wo mu tsinda rya gatatu muri UEFA Champions.

Umufaransa Ousmane DĂ©mbĂ©lĂ© ni we wafunguriye Barcelona amazamu ku gitego yatsinze mu gice cya mbere cy’umukino, mbere y’uko Robert Lewandowski atsinda ibitego bibiri mu minota ya nyuma y’umukino.

Ibi bitego cyakora cyo nta kinini byigeze bifasha FC Barcelona, kuko iminota y’umukino inganya na Internazionale ibitego 3-3; nyuma y’amakosa akomeye ya Gerard Pique na Sergio Busquets yatumye iyi kipe ijya mu bibazo.

Kunganya uyu mukino byatumye FC Barcelona ijya mu bibazo bikomeye; kuko ifite ibyago byinshi byo kutazarenga amatsinda mu gihe Inter Milan yaba ishoboye gutsinda Viktoria Plzen mu cyumweru gitaha.

Nyuma y’umukino Lautaro Martinez wari umaze imikino umunani yikurikiranya adatsindira igitego Inter Milan yashyize ifoto ku rubuga rwe rwa Instagram yishimira igitego yaraye atsindiye i Camp Nou.

Ni ifoto yakunzwe (Like) n’abarimo Lionel Messi basanzwe bakinana mu kipe y’igihugu ya Argentine; gusa ntibyakirwa neza n’abafana ba FC Barcelona yahoze akinira mbere yo kuyivamo akerekeza muri PSG.

Abafana ba FC Barcelona ku mbuga nkoranyambaga, butse Messi inabi bamwita ‘umugambanyi’ n’umucanshuro wirengagije ibyo iriya kipe yamugejejeho.

Umwe mu bafana yagize ati: “Ikindi kimenyetso cyerekana ko Messi atarababarira Barcelona, ikipe yamugize uwo ari we uyu munsi… ni umugambanyi utagira isoni.”

Undi mufana yagize ati: “Ibi ni byo navugaga mvuga ko uyu mutipe ari umucanshuro.”

Hari undi mufana wamugereranyije na ‘Yuda’ wagambaniye Yezu Kristu.

Hari amakuru yari amaze iminsi avuga ko mu mwaka utaha Lionel Messi ashobora kugaruka muri FC Barcelona nyuma yo gusoza amasezerano ye na PSG.

Bamwe mu bafana ba FC Barcelona cyakora cyo bavuze ko Messi bise ‘Igikuri’ nta mwanya akwiye kongera guhabwa muri iriya kipe y’i Catalunya.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *