Minisitiri Mutua ubwo yari muri Koreya y'Epfo

Minisitiri Mutua yasabye Abanyakenya bakorera muri Koreya y’Epfo kudataha iwabo kuko ‘bitoroshye’

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Kenya, Alfred Mutua, yasabye Abanyakenya bakorera muri Koreya y’Epfo kugumayo, kuko ngo nta kazi keza babona mu gihugu cyabo karuta ako bafite.

Uyu munyapolitiki yagiye muri Koreya y’Epfo, aherekeje Perezida wa Kenya, Dr William Ruto wagiriyeyo uruzinduko rwari rugamije gushaka imikoranire mu bikorwa bitandukanye birimo iby’iterambere.

Mutua yavuze ko nta mpamvu Umukenyakenya afite yo kureka akazi muri Koreya y’Epfo, ngo ashaka gutaha. Yagize ati: “Kuki wava muri Koreya y’Epfo uhafite akazi keza ngo ugiye muri Kenya? Ni hehe uzabona akazi?”

Uyu muyobozi yasobanuriye Abanyakenya ko iterambere rya Kenya rikiri hasi, ku buryo kubona akazi bigoye. Ati: “Ubukungu buri gusubira inyuma. Biragoye kubona akazi muri Kenya ariko tugiye kubaka ubukungu mubidufashijemo. Ndifuza ko tubona amafaranga menshi ava muri diaspora, akaza mu rugo.”

Muri uru ruzinduko nk’uko ikinyamakuru The Standard kibivuga, Kenya yasinye na Koreya y’Epfo amasezerano afite agaciro ka miliyari 120 z’amashilingi. Azifashishwa mu guteza imbere inzego zirimo urw’ubuzima, ikoranabuhanga, ubuhinzi, ubumenyi ngiro n’ibikorwaremezo.

Minisitiri Mutua ubwo yari muri Koreya y'Epfo
Minisitiri Mutua ubwo yari muri Koreya y’Epfo

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *