Minisitiri w’itumanaho akaba n’Umuvugizi wa guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Patrick Muyaya, yatangaje ko nta biganiro bikenewe hagati y’ubutegetsi bw’igihugu cyabo n’umutwe witwaje intwaro wa M23 mu gihe busanzwe bubigirana n’ubw’u Rwanda.
Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru i Kinshasa kuri uyu wa 17 Ukwakira 2022, umwe yamenyesheje Minisitiri Muyaya ko intumwa ya Perezida wa RDC mu mishyikirano ya Leta n’imitwe yitwaje intwaro, Prof. Serge Tshibangu, iherutse gutangariza kuri Radio Okapi ko nta biganiro na M23 bizabaho.
Umunyamakuru yabajije Minisitiri Muyaya niba guverinoma iri ku ruhande rumwe na Prof. Tshibangu, amusubiza ati: “Hari abibaza niba twaganira n’umutwe w’iterabwoba. Niba turi mu biganiro n’u Rwanda, ni ukubera iki twatakaza umwanya kuri M23?”
Minisitiri Muyaya atangaje ko ibiganiro na M23 bitazabaho nyuma y’aho Umuvugizi w’uyu mutwe ku rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, atangarije umunyamakuru Christophe Rigaud wa Afrikarabia mu cyumweru gishize ko bifuza kudahezwa mu biganiro bibareba bihuza Leta n’ibindi bihugu.
Kanyuka yagize ati: “Ubuhuza bwose bubaho hagati ya za Leta. Twebwe turasaba ibiganiro na Leta. Ibi biganiro biratureba. Turi ku rubuga, bityo dukwiye kuvugana mu buryo bungana na guverinoma yacu.”
Ibi Kanyuka yabivuze mu gihe Leta ya RDC ikomeje kugirana n’iy’u Rwanda ibiganiro by’ubuhuza byitabiriwe n’ibindi bihugu birimo ibigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC), Angola n’u Bufaransa.


