Minisitiri Mwiimbu yacanye umuriro ku badepite bashinje u Burundi guha Zambia ibigori biroze

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu ndetse n’umutekano w’imbere muri Zambia, yacanye umuriro ku badepite ba Zambia baheruka kugaragaza impungenge z’uko ibigori iki gihugu cyemerewe na Leta y’u Burundi bishobora kuba biroze.

Mu kwezi gushize ubwo Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yasuraga Zambia, yemereye iki gihugu imfashanyo ya toni 5,000 z’ibigori mu rwego rwo kukigoboka kubera amapfa adasanzwe acyugarije.

Muri iki cyumweru ni bwo u Burundi bwashyikirije Zambia iyo mfashanyo biciye muri Ambasaderi wabwo muri icyo gihugu, Butoyi Evelyne.

Mbere y’uko iyi mfashanyo igera i Lusaka, abadepite bo mu nteko ishinga amategeko ya Zambia bagaragaje impungenge ku buziranenge bwabyo.

Ni impungenge bagaragaje nyuma y’uko muri Zambia hapfuye imbwa zirenga 400 bikekwa ko zishwe n’ibigori biroze zahawe.

Minisitiri Mwiimbu ubwo yitabaga Inteko Ishinga Amategeko, yashinje abadepite by’umwihariko abo ku ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi kuba bifuza ko abaturage batuye uturere 84 tugize Zambia bicwa n’inzara, ntibabone ibyo kurya.

Uyu muminisitiri yagaragaje ko yatunguwe cyane no kuba abadepite baragaragaje impungenge ku buziranenge bw’ibigori Zambia yahawe n’u Burundi, agaragaza ko biriya bigori ari impano ikomeye kandi idashobora kugira ikibazo iteza.

Ati: “Twumvise umwe mu badepite abaza ku buziranenge bw’ibi biribwa. Ese Madamu Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, mu by’ukuri ubona u Burundi bwaha abaturage ba Zambia ibiribwa biroze? Uratekereza abaturage b’u Burundi bakifuza kutwica? Ni kuki babikora?”

Minisitiri Mwiimbu yavuze ko ibyabaye ari nko gutuka Abarundi bari gufasha abanya-Zambia ndetse n'”umuyobozi (Ndayishimiye) waje hano kutuganiriza no kugerageza gukomeza ubucuti bwa Zambia n’u Burundi”.

Yunzemo ko Abanya-Zambia bakabaye bashimira Abarundi babagobotse aho kubatuka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *