Minisitiri Paluku abona amasezerano M23 yagiranye na RDC adashobora kubahirizwa

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’inganda wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) wanabaye Guverineri w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru mu gihe M23 wafataga umujyi wa Goma mu Gushyingo 2012, Julien Paluku Kahongya, yavuze ko kuri ubu amasezerano uyu mutwe witwaje intwaro wagiranye na Leta adashobora kubahirizwa.

Minisitiri Paluku yavugiye mu kiganiro yagiriye kuri Radio Okapi ku wa 11 Mata 2022, cyari cyerekeye umutekano wo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru imaze iminsi iberamo imirwano hagati y’ingabo za Leta, FARDC n’uyu mutwe witwaje intwaro.

Amasezerano M23 yagiranye na Leta yemereraga abari abarwanyi b’uyu mutwe babyifuza kujya mu ngabo, abandi bagasubizwa mu buzima busanzwe, ndetse mu mirwano uyu mutwe umazemo iminsi, wasabye ko yubahirizwa.

Umunyamakuru yabajije Minisitiri Paluku yabajije niba abona bitashoboka ko aya masezerano yubahirizwa, asubiza ko kuri ubu bitashoboka, bitewe n’itegeko riherutse gushyirwaho ritemera ko abahoze mu mutwe witwaje intwaro binjira mu gisirikare cya Leta.

Yagize ati: “Hari itegeko rya RDC ryatowe bushya. Iri tegeko ribuza kwakira mu gisirikare cy’igihugu abahoze mu mitwe yitwaje intwaro. Ndizera ko iri tegeko rigomba gukora ku bantu bo muri M23 no mu yindi mitwe yitwaje intwaro.”

Minisitiri Paluku abona Leta ya RD Congo idakwiye gusubira mu makosa yakongeje ikibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bw’igihugu. Ati: “Ntabwo dukwiye gusubiramo ibintu byateje ibi bibazo tuzi. Repubulika ikwiye kwirinda ibyayigejeje mu mateka mabi tuzi kugira ngo atazasubira.”

Gusa uyu muyobozi yavuze ko bireba Leta kuba yasubira muri iri tegeko, ikemerera abarwanyi ba M23 kwinjira mu gisirikare cy’igihugu, cyangwa se ikabyanga.

Inkuru kuri aya masezerano https://bwiza.com/?M23-irashinja-Tshisekedi-kwirengagiza-amasezerano-bagiranye-agahitamo

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *