ad242322b8bec1cb30a7340435033d94Y29udGVudHNlYXJjaGFwaSwxNzM0ODg0Nzk0-2.78526531

Minisitiri w’Ingabo w’u Bwongereza yeguye

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Ingabo w’u Bwongereza, John Healey, yeguye ku mirimo ye nyuma y’amakimbirane yagiranye na Guverinoma ya Minisitiri w’Intebe Keir Starmer ku bijyanye n’ingengo y’imari igenerwa urwego rw’ingabo.

Healey yatangaje ubwegure bwe kuri uyu wa Kane, avuga ko Guverinoma n’Ikigega cya Leta (Treasury) banze gutanga amafaranga ahagije akenewe kugira ngo igihugu cyitegure guhangana n’ibibazo by’umutekano bikomeje kwiyongera ku rwego mpuzamahanga.

Mu ibaruwa yandikiye Starmer, Healey yavuze ko igihugu kiri mu gihe cy’“ibyago byiyongera”, ariko ko gahunda nshya y’ishoramari mu rwego rw’ingabo idatanga ubushobozi bukenewe bwo kongerera ingabo ubushobozi bwo kurinda igihugu.

Yabwiye Starmer ati: “Ntabwo washoboye, kandi Ikigega cya Leta nticyashatse gutanga umutungo igihugu gikeneye kugira ngo cyirinde muri iki gihe cy’ibyago byiyongera.”

Uyu munyapolitiki yavuze ko kudahabwa amafaranga yari amaze igihe ategereje ko yemezwa byarimo kumuhatira gufata imyanzuro ishobora kugabanya ubushobozi bw’ingabo no gushyira mu kaga abasirikare bari mu butumwa, ibintu yavuze ko atashoboraga gukomeza gushyigikira ari Minisitiri.

Ubwegure bwe buje mu gihe Guverinoma ya Starmer imaze amezi menshi inengwa kubera gutinda gushyira ahagaragara gahunda nshya y’ishoramari mu ngabo, mu gihe abayobozi ba gisirikare bakomeje gusaba ko habaho kongera amafaranga ajyanwa muri uru rwego kubera ibibazo by’umutekano biri ku mugabane w’u Burayi ndetse no mu Burasirazuba bwo Hagati.

Healey yari umwe mu banyapolitiki bakomeye bo mu Ishyaka ry’Abakozi (Labour Party) ndetse afatwa nk’umwe mu bari bashyigikiye cyane Ukraine mu ntambara ihanganyemo n’u Burusiya.

Ubwegure bwe bubaye igihombo gikomeye kuri Starmer uri no guhangana n’igitutu cy’abamushinja kunanirwa gukemura ibibazo by’ubukungu no gutanga icyerekezo gihamye ku mutekano w’igihugu.

Mbere yo kugirwa Minisitiri w’Ingabo muri Nyakanga 2024, Healey yari amaze imyaka myinshi mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza ndetse yanabaye Minisitiri mu nzego zitandukanye za guverinoma zabanjirije iya Starmer.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *