Misiri: Amabanga ya Credit Suisse yagaragaje uko abahungu ba Hosni Mubarak basahuye igihugu

Sangiza iyi nkuru

Abahungu b’uwahoze ari Perezida wa Misiri, Hosni Mubarak, bavuzwe mu makuru y’ibanga y’abakiriya ba Credit Suisse, avuga ko banyereje bakabitsa amamiriyoni y’amadolari kuri konti yo muri iyi banki yo mu Busuwisi amamiliyoni y’Abanyamisiri akarushaho kujya mu bukene.

Abahungu ba Mubarak, Alaa na Gamal bari ku rutonde rw’abakiriya ba Credit Suisse rwagiye ku mugaragaro ku Cyumweru, hakaba harimo indi mibare ifitanye isano n’ubutegetsi bwa Misiri.

Ibihumbi by ‘”abagizi ba nabi, abanyereza imisoro n’abanyapolitiki bamunzwe na ruswa” bagaragaye mu makuru yatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye birimo The Guardian na The New York Times.

Alaa na Gamal Mubarak babaye abakiriya ba banki mu myaka mirongo, bahafite za konti harimo imwe bafatanyije bafunguye mu 1993 nk’uko iyi nkuru dukesha Al Araby ikomeza ivuga.

Konti bivugwa ko yari iya Alaa yari imaze gukusanya umutungo ungana na miliyoni 138 z’Amayero kugeza mu mwaka wa 2010, umwaka umwe mbere y’uko umunyagitugu Hosni Mubarak ahirikwa.

Nk’uko aya mabanga yashyizwe ku karubanda abigaragaza, ngo abavandimwe bombi bari bafite amafaranga arenga miliyoni byibuze 302 $ kuri konti y’u Busuwisi.

Amafaranga atandukanye cyane n’umushahara muto muri Misiri ugomba kuzamuka ukagera ku madolari 174 ku kwezi, mu gihe kimwe cya gatatu cy’abanyagihugu kibayeho mu bukene.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *