Misiri: Urukiko rwakatiye abantu 30 igihano cyo gupfa

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rukuru rwo mu Misiri rwafashe icyemezo cyo guhanisha igihano cy’urupfu abantu 30 bahamijwe icyaha cyo kugira uruhare mu iyicwa ry’umushinjacyaha mukuru w’icyo gihugu muri 2015.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

96529897 0ce6a99e 2a37 4d0c 9831 ca6f6d1faaaa
igitero cyo muri 2015 cyahitanye abatari acye cyangiza byinshi

Hisham Barakat, yahitanywe n’igitero cy’igisasu cyatezwe mu modoka myaka ibiri ishize, uyu muyobozi akaba ari na we mukozi wo hejuru wa leta ukomeye wishwe n’intagondwa muri iyi myaka mike ishize.

Barakat yari yaragize uruhare mu kujyana imbere y’ubucamanza intagondwa z’abayisilamu zibarirwa mu bihumbi nyuma yaho leta yari ishyigikiwe na Muslim Brotherhood ivaniweho, aba bashinjwa kumugirira nabi bakaba ari abafashwe n’iperereza ndetse bakaba baramwivuganye bamuziza kurwanya bene wabo.

96531781 5554fe61 24ca 49db b7c1 ea46dc7ec06b
Hisham Barakat, umwe mu bayobozi bakuru muri kiriya gihugu wahitanywe n’igitero

Kugeza ubu hategerejwe umwanzuro wa nyuma w’abayobozi b’idini muri kiriya gihugu, aho ari bo bagomba gushyira umukono kuri iki gihano kugira ngo aba bantu 30 bacibwe imitwe nk’uko byamaze kwemezwa n’urukiko.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *