Urukiko rukuru rwo mu Misiri rwafashe icyemezo cyo guhanisha igihano cy’urupfu abantu 30 bahamijwe icyaha cyo kugira uruhare mu iyicwa ry’umushinjacyaha mukuru w’icyo gihugu muri 2015.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Hisham Barakat, yahitanywe n’igitero cy’igisasu cyatezwe mu modoka myaka ibiri ishize, uyu muyobozi akaba ari na we mukozi wo hejuru wa leta ukomeye wishwe n’intagondwa muri iyi myaka mike ishize.
Barakat yari yaragize uruhare mu kujyana imbere y’ubucamanza intagondwa z’abayisilamu zibarirwa mu bihumbi nyuma yaho leta yari ishyigikiwe na Muslim Brotherhood ivaniweho, aba bashinjwa kumugirira nabi bakaba ari abafashwe n’iperereza ndetse bakaba baramwivuganye bamuziza kurwanya bene wabo.

Kugeza ubu hategerejwe umwanzuro wa nyuma w’abayobozi b’idini muri kiriya gihugu, aho ari bo bagomba gushyira umukono kuri iki gihano kugira ngo aba bantu 30 bacibwe imitwe nk’uko byamaze kwemezwa n’urukiko.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com


