Misiri yarakariye ibihugu byanze gutanga inkunga yo kugoboka Gaza

Sangiza iyi nkuru

Igihugu cya Misiri kifatiye ku gahanga ibihugu byanze gutanga inkunga mu muryango w’abibumbye yo kugoboka abaturage bo muri Gaza.

Ibi byagarutsweho na minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Igihugu cya Misiri, Sameh Shoukry,aho yanenze icyemezo cya bimwe mu bihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi byimye inkunga Umuryango w’Abibumbye (Loni) yo kugoboka abaturage bayikeneye mu Ntara ya Gaza muri Palestine.

Uyu Muyobozi avuga ko ibyo bihugu bifatwa nk’ibikomeye mu bukungu bw’isi,byayimye umuryango nterankunga wa Loni wita ku babaye (UNRWA) ukorera muri Gaza.

Ni mu gihe Israel iherutse gushinja abakozi ba UNRWA bagera kuri 12 , kwifatanya n’abo mu mutwe wa Hamas bagabye igitero cyabaye intandaro y’intambara iri hagati y’iki gihugu n’uyu mutwe yatangiye mu Ugushyingo 2023.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamukuru i Cairo mu Misiri, Minisitiri Sameh yavuze ko yatangajwe n’ibirego bishyirwa ku bakozi b’Umuryango UNRWA.

Kuva iyi ntambara yatangira imaze guhitana abasivili barenga 26,000 bamaze kuburira ubuzima muri Gaza, biganjemo abagore n’abana.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *