Mme Jeannette Kagame arasaba abagore bikorera kuba umusemburo wo kurandura amakimbirane yo mu ngo

Sangiza iyi nkuru

Madamu Jeannete Kagame ubwo yifatanyaga n’Urugaga rw’Abagore bikorera mu Rwanda, mu gitaramo cyo kwizihiza ibyagezweho, yabasabye kuba umusemburo wo kurandura burundu amakimbirane n’ihohoterwa bikigaragara mu muryango Nyarwanda.

Ni igitaramo cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Kamena 2019,  i Kigali muri Convention Centre, gifite insanganyamatsiko igira iti “Lighting the future for women entrepreneurs’’, ugenekereje mu Kinyarwanda ‘Gutegura imbere heza h’abagore bikorera”.

Madamu Jeannette Kagame wari umushyitsi muri iki gitaramo, yavuze ko mu myaka 25 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, abagore bagize umwanya ukomeye wo kwiyubaka no kubaka umuryango ariko ko hakiri urugendo mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina cyane irikorerwa abagore.

Yagize ati “Ibi bigaragara cyane ku bagore bahohoterwa nabo bashakanye, kuko bigira ingaruka zikomeye ku bana, imibanire n’abandi bantu ndetse no mu mirimo yabo ya buri munsi. Mu gushaka umuti urambye w’iki kibazo, mureke twiyemeze ko buri wese agiye kuba ijisho rya mugenzi we ‘My Sister’s Keeper’, yaba abikorera ndetse n’abafite abakoresha bashobora kuba babahohotera.

ki 1

Yakomeje avuga ko kuba hari Urugaga rw’Abagore Bikorera mu gihugu, ari ugushimangira uburenganzira bafite n’urubuga bahawe n’ubuyobozi bw’igihugu, bityo ko bitanga icyizere ko mu minsi iri imbere hari Abanyarwandakazi bashobora kuzagaragara ku rutonde rw’abikorera b’abagore b’indashyikirwa ku Isi.

Yabashimiye kuba barubakiye ku mahirwe bahabwa n’ubuyobozi, bakaba ba Rwiyemezamirimo bafite uruhare rukomeye mu kubaka ubukungu bw’igihugu, akaba abasaba ko umwaka utaha ubwo bazongera kugira igitaramo nk’iki kuzaba ari benshi ndetse baranateye intambwe yo kujya mu bucuruzi bunini.

mmee
Perezida w’Inteko Nshingamategeko, Mukabalisa Donatille na Mme Jeannette Kagame
mm
Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB), Clare Akamanzi

mm2 mm3

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *