Mogadishu: Umwiyahuzi yagabye igitero ku ishuri rya gisirikare

Sangiza iyi nkuru

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, i Mogadishu, umurwa mukuru wa Somalia umwiyahuzi yiturikirijeho igisasu ku ishuri rya gisirikare nyuma y’ibyumweru hari ituze kubera ibikorwa bya gisirikare.

Umutangabuhamya yavuze ko umwiyahuzi yiturikirijeho igisasu ku ishuri rya gisirikare rya Jaalle Siyaad, mu majyaruguru ya Mogadishu, ahagana mu ma saa 08:25 ku itariki ya 13 Ugushyingo, mu masaha yo kujya ku kazi.

Nta makuru yahise ajya ahagaragara y’abapfuye. Iki kigo kirimo ishuri kirimo n’inzu z’abasirikare ba Somalia. Nta tsinda ryigeze rivuga ko ari ryo nyirabayazana w’icyo gitero kugeza ubu nk’uko tubikesha Shabellemedia.com.

Abapolisi bagose aho hantu nyuma y’iturika maze batangira iperereza kuri iki kibazo. Gusa, umutekano wa Mogadishu uragenda urushaho kumera neza kuva Hassan Sheikh yongeye gutorwa.

Ibitero bya Al-Shabaab ku murwa mukuru birimo bimwe na bimwe byibasira amahoteri yatoranijwe na resitora zizwiho gukurura abantu bafitanye isano na leta.

Uyu mutwe w’abarwanyi ntiwigeze ugaragara i Mogadishu kuva wahirukanwa mu 2011.
Icyakora, uyu mutwe ufitanye imikoranire na Al-Qaeda rikomeje kugaba ibitero byica hakoreshejwe ibisasu biteze mu modoka.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Mogadishu: Umwiyahuzi yagabye igitero ku ishuri rya gisirikare
    Ndabashuhuje ariko mujyemutujyezaho amakuru abera muri Congo umunsi kuwundi kuko Umutekano mubi cg mwiza waho byanzebikunze natwe dukeneye kubimenya Kandi turi abaturanyi Kandi Abaturage bibasiwe bafitanye amasano natwe.

  2. Mogadishu: Umwiyahuzi yagabye igitero ku ishuri rya gisirikare
    Amakuruyaramutse aheruka yo hakurya DRC nayimirwano yiriweho ejo 13/11 mubice byerekeza Tongo no mumpande Zihegereye urayasanga kuri rwanda trubune.com ibintu birigucika bakase ikiraro cya Rwindi kdi abaturage bari bamaze kwambuka bahunga kuva Rutshuru ujya Kibirizi , miliki , kanyabayonga muri Rubero inzira ntikiri nyabagendwa

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *