Mohamed Salah yakuyeho urujijo ku hazaza he muri Liverpool

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri ushinzwe imikino muri Misiri, Ashraf Sobhi, yahishuye ko yasabye Mohamed Salah kuva muri Liverpool akamukurira inzira ku murima amubwira ko azongera amasezerani muri Liverpool.

Ashraf yahishuye ko yahuye na Mohamed Salah ku kibuga cy’indege nyuma y’umukino wo gushaka Itike y’Igikombe cy’Isi Misiri yari imaze gukina na Senegal.

Icyo gihe ngo yamugiriye inama yo kuva muri Liverpool gusa Salah amukurira inzira ku murima.

Ashraf Sobhi aganira n’imwe muri Radiyo zo mu Misiri yagize ati: “Nahuye na Mohamed Salah ku kibuga cy’indege nyuma y’umukino na Senegal tunaniwe kujya mu mikino yanyuma y’igikombe cy’Isi.”

“Naramubwiye ngo yirengagize ibyabaye hanyuma yite ku biri imbere, mugira inama yo gukomeza urugendo rwe mu yindi kipe itari Liverpool, gusa ngo ahazaza he ubu ni ukongera amasezerano muri Liverpool.”

Salah w’imyaka 29 y’amavuko byavugwaga ko yifuzwa na FC Barcelona, gusa amakuru avuga ko adatekereza ku byo kujya gukina muri shampiyona ya Espagne.

Uyu mukinnyi usigaje umwaka umwe ku masezerano afitanye na Liverpool, kuri ubu andi makuru avuga ko akomeje ibiganiro na Liverpool kugira ngo yongere amasezerano.

Cyakora cyo bivugwa ko aherutse kwanga ubusabe bwa Liverpool bwo kujya ahembwa €400,000 ku cyumweru mu gihe yaba yemeye kongera amasezerano, gusa umutoza wa Liverpool Jurgen yavuze ko ibiganiro biri kugenda neza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *